![]() |
Gen Nshimirimana niwe wategetse ko babica |
Roma – Ubuyobozi bushinzwe umutekano mu Butaliyani bwataye muri
yombi Umurundi w’imyaka 50 witwa Guillaume Harushimana, akekwaho kugira uruhare
rukomeye mu rupfu rw’ababikira batatu b’Abataliyani biciwe i Bujumbura mu
Burundi muri Nzeri 2014. Ifatwa rye ryemejwe n’Ubushinjacyaha bw’u Butaliyani,
buvuga ko iperereza ryimbitse ryatangiye mu 2024 ryagaragaje ibimenyetso
byatuma akurikiranwa.
Ibi byabaye nyuma y’imyaka irenga icumi ayo mabi akorewe
ababikira Olga Raschietti, Lucia Pulici na Boggian, bari bafite hagati y’imyaka
75 na 83, biciwe mu kigo cyabo kiri mu mujyi wa Bujumbura hagati ya tariki ya 7
n’iya 8 Nzeri 2014.
Nk’uko byatangajwe n’Ubushinjacyaha bw’u Butaliyani, abakekwaho
icyo gitero binjiye mu kigo cy’ababikira bambaye imyambaro isa
n’iy’abihayimana, babanza kubafata ku ngufu mbere yo kubica. Nyuma yaho,
bivugwa ko basohotse aho bari bari bambaye impuzankano y’igipolisi kugira ngo
bayobye iperereza.
Ubwo bugizi bwa nabi bwavuzweho cyane muri icyo gihe, ariko
kugeza ubu ni bwo iperereza ryo ku rwego mpuzamahanga rigeze ku ntambwe
ifatika.
Ubushinjacyaha bw’u Butaliyani buvuga ko iperereza bwatangiye mu
2024 bwashingiye ku gitabo cyanditswe n’umunyamakuru w’Umutaliyani Giusy
Baioni, cyongeye kuzamura dosiye yari imaze igihe itagarukwaho. Nyuma yaho,
hakusanyijwe ubuhamya bushya bw’abatangabuhamya batigeze babazwa ku mugaragaro
n’inzego z’u Burundi icyo gihe.
Amakuru atangwa n’abashinjacyaha agaragaza ko abakekwaho kwica
aba babikira bashobora kuba barabikoze babitegetswe n’uwari umuyobozi w’urwego
rw’ubutasi mu Burundi, Gen Adolph Nshimirimana, wishwe mu 2015. Harushimana
bivugwa ko yari umwe mu bantu bakoranaga bya hafi n’uwo musirikare.
Iperereza rigaragaza impamvu zitandukanye zishobora kuba
zarateye ubwo bwicanyi. Harimo amakuru avuga ko aba babikira bashinjwaga kwanga
gutanga ubufasha mu by’ubuvuzi ku nyeshyamba zoherejwe muri Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo cyangwa kutumvikana ku nkunga yari igenewe ikigo
cy’urubyiruko cya Kamenge.
Hari kandi n’ikorwa ry’isesengura rivuga ko bashobora kuba
baragizwe ibitambo mu nyungu za politiki cyangwa izindi mpamvu zitigeze
zisobanurwa ku mugaragaro.
Ubushinjacyaha buvuga ko abantu bane ari bo bakekwaho uruhare
rutaziguye muri ubwo bwicanyi. Babiri muri bo ngo bemeye icyaha, undi uvugwa ko
yari umurinzi wa Gen Nshimirimana yemera igice cy’ibyaha ashinjwa, mu gihe uwa
kane atatangajwe amazina.
Harushimana we akekwaho kuba ari we wateguye igitero, agatanga
ibikoresho byakoreshejwe, ndetse akabikora abitegetswe n’uwari umuyobozi we.
Mu 2018, uyu mugabo yari yaragiye mu mujyi wa Parma mu
Butaliyani mu mahugurwa. Icyo gihe yabajijwe kuri ibi birego, arabihakana,
avuga ko mu gihe ibyaha byakorwaga atari mu Burundi.
Umunyamategeko Monica Moschioni, uri kumwunganira, yatangaje ko
bazabonana bwa mbere kuri uyu wa 27 Gashyantare, kandi ko ataramenya niba
umukiliya we azemera icyaha cyangwa niba azagihakana mu rukiko.
Iri fatwa rishobora kongera kubyutsa ibiganiro ku butabera
mpuzamahanga cyane ko ibi byaha bikomeye byakorewe abanyamahanga ku butaka
bw’ibindi bihugu. Rishobora kandi kugira ingaruka ku mubano w’u Burundi n’u
Butaliyani mu bijyanye n’ubufatanye mu by’ubutabera.
Mu gihe dosiye igiye kujya mu nkiko, amaso menshi arahanzwe ku
butabera bw’u Butaliyani n’aho iperereza rizagera, cyane ko ibi byaha byabaye
hashize imyaka irenga icumi.
IMIHIGONEWS.RW

0 Comments
Imihigonews