
Inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Kayonza zatangaje ko inkuba
yakubise inka 10 mu Murenge wa Kabare , eshanu zihita zipfa mu gihe izindi
eshanu zakomeretse bikabije.
Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, mu mvura nyinshi
imaze iminsi igwa mu burasirazuba bw’urwanda.
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Umurenge wa Kabare mu karere ka
Kayonza avuga ko izo nka zari zirimo kurisha mu midugudu ya Nyarusange na
Kamuhabura, Akagari ka Rubimba, ubwo zakubitwaga n’inkuba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare,Bwana Djafari
Bagirigomwa, yatangaje ko aka gace kamaze iminsi gahura n’ibiza bikomoka ku
mvura nyinshi irimo kuhagwa.
Yagize ati:“Inkuba yakubise inka 10 z’abaturage babiri, eshanu
zihita zipfa ako kanya izindi zirakomereka bikabije.”
Yakomeje avuga ko ubuyobozi bwiteguye guhura n’imiryango yahuye
n’iki kibazo kugira ngo bayihumurizwe no kureba uburyo yafashwa.
Bagirigomwa yasabye abaturage gufata ingamba zikomeye zo
kwirinda ibiza muri iki gihe cy’imvura, agaragaza ko inkuba n’imiyaga ikomeye
bishobora guteza ibyago ku bantu n’amatungo.
Ati:“Turahamagarira abaturage kongera ingamba zo kwirinda, nko
gutunganya imirima y’amazi no kuzirika ibisenge by’inzu, mu rwego rwo kugabanya
ingaruka z’imvura nyinshi n’imiyaga ikomeye.”
Yanaburiye abaturage kwirinda gukoresha ibikoresho
by’ikoranabuhanga birimo telefone zigendanwa, radiyo na televiziyo mu gihe
harimo kugwa imvura ivanzemo inkuba, kuko bishobora kongera ibyago byo
gukubitwa n’inkuba.
Mu minsi ishize, Intara y’Iburasirazuba yibasiwe n’ibi biza by’inkuba
cyane cyane mu bice bya Kayonza,Ngoma, byagiye bihura n’imvura nyinshi yateje
impungenge z’ibiza birimo inkuba aha twavuga abantu 15 baheruka gupfa mu karere
ka ngoma umurenge wa Jarama ndetse n’undi umwe mu murenge wa Zaza, imyuzure
n’imiyaga ikomeye.
Inzego zibishinzwe zikomeje gushishikariza abaturage gukurikiza
amabwiriza y’umutekano atangwa n’inzego z’ubuyobozi, mu rwego rwo kugabanya
ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.
IMIHIGONEWS/Ibiza
0 Comments
Imihigonews