![]() |
| Igikorwa cyo kubarura indangamuntu y'ikorabuhanga mu RWANDA |
Ku wa 7 Gashyantare 2026, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangije mu Mujyi wa Kigali ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no gufotora abaturage, hagamijwe gutanga Indangamuntu koranabuhanga, aho serivisi zizakorerwa buri murenge mu minsi itatu bitewe n’imiterere y’amasite ahari.
Iki gikorwa kimaze gutangizwa mu turere dutandatu, kikaba cyakomereje mu Mujyi wa Kigali, aho biteganyijwe ko kizamara ibyumweru birindwi. Buri murenge uzajya uhabwa amasite yihariye yo gufotoreraho abaturage, mu rwego rwo korohereza serivisi no gukumira imbogamizi abaturage bahura na zo, zirimo kubura igihe cyo kuzakoresha mu minsi y’akazi.
![]() |
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi
Antoine, ari mu bifotoje ku munsi wa mbere muri Kigali
Imiterere y’akazi mu turere twa Kigali
Nyarugenge:
Mirenge ya Nyakabanda, Rwezamenyo na Gitega (amasite 17)
Gasabo:
Mirenge ya Kimihurura na Kacyiru (amasite 14)
Kicukiro:
Mirenge ya Niboyi, Kagarama na Kicukiro (amasite 12)
Serivisi zizakomeza gutangwa no ku wa Gatandatu no ku Cyumweru,
kugira ngo ababyeyi bafite akazi bashobore kumwegera abana babo cyangwa
kwitabira serivisi mu minsi batabonetse.
Ibisabwa n’uburyo bwo kwemeza imyirondoro

Uzuza form mbere yo gufotorwa
Abaturage bazajya bifashisha nimero y’indangamuntu y’ababyeyi
cyangwa y’umugabo/mugore bakorana mu kwemeza imyirondoro. NIDA yashyizeho
uburyo bworoshye bwo kwemeza amakuru hakoreshejwe telefoni cyangwa mudasobwa
binyuze ku rubuga rwa Irembo.
Uko umuntu azajya kuri site yegereye aho afotorerwa, serivisi izakorerwa mu
minota itarenze 10.
Indangamuntu Korabuhanga
Indangamuntu izahabwa:
- Abanyarwanda
bose, kuva umwana avutse kugera ku mukuru
- Abanyamahanga
batuye mu Rwanda
- Impunzi
n’abasaba ubuhungiro
- Abimukira
n’abadafite ubwenegihugu
Izaba ifite ikarita isanzwe, QR Code ku buryo umuntu yayigendana
kuri telefoni cyangwa mudasobwa, ndetse nimero ya ‘token’ itandukanye na nimero
isanzwe y’indangamuntu.
Ibi biratandukanye n’uburyo busanzwe kuko ntibizakomeza kuba
ngombwa ko umuntu agendana indangamuntu mu gihe asaba serivisi.
Imyirondoro y’abana n’iy’imyaka
- Ku
bana b’imyaka 0–5: bazahabwa indangamuntu ifoto gusa
- Ku
bana bafite imyaka 5 kuzamura: bazatanga ibimenyetso by’imboni, intoki
n’isura
Uyu mushinga watangiye mu 2023, ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi, washowemo agera kuri miliyari 200 Frw. Biteganyijwe ko indangamuntu koranabuhanga izatangira gutangwa muri Nyakanga 2026 kandi ubu u Rwanda rumaze kugera muri kimwe cya kane cy’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.
Kwemeza imyirondoro ku ndangamuntu koranabuhanga mu Mujyi wa
Kigali ni intambwe ikomeye mu gutanga serivisi zihuse, kurushaho korohereza
abaturage, no gukumira imbogamizi z’abasanzwe bakenera serivisi. Ubu buryo
bushya bw’ikoranabuhanga buzafasha abanyarwanda, abanyamahanga n’abimukira mu
Rwanda kubona indangamuntu byihuse kandi mu buryo bwizewe, bikazamura ireme rya
serivisi z’uru rwego.
IMIHIGO NEWS




0 Comments
Imihigonews