Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick, azayobora SK FM 93.9 mu nshingano z’imiyoborere y’iyi radio.
Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye
Patrick, yatangajwe nk’Umuyobozi Mukuru wa Radio SK FM 93.9, asimbura Uwera
Jean Maurice wahise agirwa Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, ku wa
Kane tariki ya 05 Gashyantare 2026.
Uyu muyobozi mushya wa SK FM azayobora radio izwi cyane mu
biganiro bya siporo mu Rwanda, akoresheje ubunararibonye bwe mu buyobozi no mu
mikino. Ubuyobozi bwa SK FM bwamwakiriye mu butumwa buha ikaze, bumwifuriza
ishya n’ihirwe mu nshingano ze.
Uwera Jean Maurice, wasimbuwe na Namenye, yari Umuyobozi Mukuru
w’iyi radio kuva yashingwa mu ntangiro z’umwaka wa 2025, mbere yo kugirwa
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma.
Namenye Patrick yamenyekanye cyane muri ruhago y’u Rwanda ubwo
yari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports guhera muri Nzeri 2022, akaza
gusezera muri 2024. Yagize kandi uruhare rukomeye mu gushaka amasoko
n’abafatanyabikorwa bunganiraga ikipe ye.
Uretse ubunararibonye mu mikino, Namenye yahoze ari umunyamakuru
w’imikino kuri Radio Salus mu Karere ka Huye, bituma benshi bamufitiye icyizere
ko azatanga umusaruro mwiza mu nshingano nshya.
Ubuyobozi bwa SK FM bwamwakiriye buvuga buti:“Namenye Patrick ni umuyobozi mushya wa SK FM93.9. Tumwifurije ishya n’ihirwe mu nshingano ze nshya!”
Inshingano nshya za Namenye Patrick yitezweho guteza imbere
ibiganiro bya siporo muri SK FM, kongera umubare w’abakunzi b’iyi radio no
gukomeza guteza imbere ubunyamwuga mu itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda.


0 Comments
Imihigonews