-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Burera: RIB Yatangaje ko 90% by’Abacurujwe kuva mu 2019–2025 ari Urubyiruko, 79% bakaba Abagore


16 Gashyantare 2026 — Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko mu bantu bacurujwe hagati ya 2019 na 2025, 90% ari urubyiruko mu gihe 79% ari ab’igitsina gore. Ibi byatangajwe ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare 2026 mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, by’umwihariko icuruzwa ry’abantu, bwatangirijwe mu Karere ka Burera.

Mu kiganiro n’abaturage, Umuyobozi mu Ishami rishinzwe gukumira ibyaha muri Rwanda Investigation Bureau, Ntirenganya Jean Claude, yavuze ko icuruzwa ry’abantu rikomeje kuba icyaha gihangayikishije bitewe n’ingaruka rikomeje guteza ku burenganzira bwa muntu n’umutekano w’abaturage.

Yagize ati: “Kuri ubu icyaha cy’icuruzwa ry’abantu giteye inkeke, kiri mu bibangamiye uburenganzira bw’umuntu. Kuva mu 2019 kugeza mu 2025, mu bantu bacurujwe 90% bari urubyiruko na ho 79% bari ab’igitsina gore.”

Imibare yatangajwe igaragaza ko mu gihe cy’imyaka itandatu ishize, Abanyarwanda 297 bacurujwe mu bihugu bitandukanye ku Isi, aho 197 muri bo bamaze kugarurwa bavuye mu bihugu 14. RIB ivuga ko ibikorwa byo gushaka no gutahura abacurujwe bikomeje ku bufatanye n’inzego z’umutekano n’ibihugu byabakiraga.

Zimwe mu mpamvu zituma abantu bacuruzwa zirimo kurangirwa akazi keza mu mahanga, gushukwa n’abantu babizeza imibereho myiza, ubujiji ku mategeko ajyanye no kwimuka no gushaka akazi hanze y’igihugu, ndetse n’ubukene.

Ubu bukangurambaga bwatangirijwe mu Murenge wa Kivuye, umwe mu mirenge ikora ku mupaka, hagamijwe kongerera abaturage ubumenyi ku buryo bwo kwirinda no gutanga amakuru ku gihe.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Mukamana Soline, yashimye RIB ku gikorwa cy’ubukangurambaga, asaba abaturage gukurikiza inama bahawe no kuzikangurira abandi. Yabasabye kandi kuba maso ku bantu bashya baza gutura mu gace k’umupaka, bakamenya aho baturuka n’impamvu z’ibyo bakora.

Yongeye kuburira abaturage ku ngaruka zo kunywa no gucuruza ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, abasaba kwirinda kubyenga no kubicuruza, ndetse no gutanga amakuru ku gihe ku babikora no ku bakekwaho icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

RIB igaragaza ko gukumira icuruzwa ry’abantu bisaba ubufatanye bw’inzego zose n’abaturage, cyane cyane mu turere twegereye imipaka aho abacuruza abantu bakunze kunyura.

Abaturage basabwe kujya batanga amakuru ku gihe ku bakekwaho gushuka urubyiruko barwizeza akazi mu mahanga cyangwa andi mahirwe atizewe, kuko arirwo rugaragara cyane mu bahura n’iki cyaha.

Iyi mibare ije ishimangira ko hakenewe kongera imbaraga mu bukangurambaga no mu kurengera by’umwihariko urubyiruko n’abagore, bagaragara nk’abibasirwa cyane n’iki cyaha.


imihigonews



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153