-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Kigali: ILPD Yasohoye Igitabo ku Ruhare rw’Ibyemezo by’Ubutabera mu Kubaka Ubumwe n’Ubwiyunge Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi


Kigali, 13 Gashyantare 2026
— Ishuri Rikuru ryo Kwigisha no Guteza Imbere Amategeko (ILPD) ryamuritse igitabo gikubiyemo inyandiko zisesengura uruhare rw’ibyemezo by’inkiko z’u Rwanda mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gitabo cyamuritswe ku mugaragaro ku wa 13 Gashyantare 2026, kikaba kigamije kongera ubusobanuro ku mateka y’ubutabera bw’u Rwanda no guhangana n’abagoreka amateka.

Iyi nyandiko nshya igizwe n’ibice bine by’ingenzi, byose byanditswe n’abanyamategeko b’Abanyarwanda, hagamijwe kugaragaza uruhare rw’ubutabera mu kongera kubaka igihugu no kunga Abanyarwanda. Abayikoze bavuga ko ari igisubizo ku cyuho cy’amakuru akenshi yagiye atangazwa n’abashakashatsi bo hanze y’u Rwanda batari bafite amakuru ahagije ku mateka n’imiterere y’ubutabera bw’igihugu.

Mu byibanzweho harimo isesengura ku gukuraho igihano cy’urupfu mu 2007, icyemezo cyafashwe na Leta y’u Rwanda mu rwego rwo gushimangira politiki y’ubumwe n’ubwiyunge. Igitabo kigaragaza uko icyo cyemezo cyagize uruhare mu kwimakaza ubutabera bushingiye ku gaciro k’ubuzima no mu gutuma u Rwanda rwinjira neza mu mikoranire mpuzamahanga mu by’ubutabera.

Harimo kandi inyandiko igaruka ku politiki y’igihugu mu butabera mpuzamahanga, isesengura uko u Rwanda rufatanya n’imiryango mpuzamahanga irimo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’u Burayi mu guteza imbere ubutabera buboneye. Abanditsi bagaragaza ko hari amasomo igihugu cyakuye ku mikorere y’iyo miryango, ndetse n’ibyo cyagezeho ku rwego mpuzamahanga.

Ikindi cyagarutsweho ni indishyi ku bakorewe Jenoside yakorewe Abatutsi, harebwa icyo amategeko ateganya, uko byashyizwe mu bikorwa n’uko Abanyarwanda babyakira. Iyi nyandiko isesengura kandi ibikwiye kunozwa mu rwego rwo kurushaho gutanga ubutabera burambye.

Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr. Muyoboke Karimunda Aimé, yavuze ko iki gitabo ari intambwe ikomeye mu gutuma Abanyarwanda ubwabo bandika amateka yabo ajyanye n’ubutabera. Yagize ati: “Hari igihe wasangaga amakuru avugwa ku Rwanda aturuka ku nyandiko z’abari mu mahanga gusa. Ni iby’agaciro kuba Abanyarwanda batangiye kuvuga ku mategeko n’ubutabera bwabo.”

Yongeyeho ko ILPD izakomeza gushyira imbaraga mu bushakashatsi bugamije gusobanurira Abanyarwanda n’amahanga uko ubutabera bwagize uruhare mu kongera kubaka igihugu nyuma ya Jenoside.

Ku ruhande rwa Leta, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubutabera mpuzamahanga n’ubutwererane muri Minisiteri y’Ubutabera, Dr. Wibabara Charity, yashimye iki gikorwa avuga ko izi nyandiko ziri ku rwego mpuzamahanga kandi zizafasha benshi gusobanukirwa amateka y’ubutabera bw’u Rwanda. Yagize ati: “Iyo tutanditse amateka yacu, abandi barayandika bakayasohora ku rwego mpuzamahanga. Ni ngombwa ko tuba abafatanyabikorwa mu kuyasobanura.”

Abifuza gusoma iki gitabo bashobora kugisanga ku masomero ya ILPD i Kigali n’i Nyanza, ndetse no ku rubuga rwa Rwanda Law Journal.

Iki gitabo kitezweho kuba inyongera ikomeye mu bushakashatsi ku butabera bw’u Rwanda, kikanafasha abakiri bato, abashakashatsi n’abakora mu rwego rw’amategeko kurushaho gusobanukirwa uko ibyemezo by’inkiko byagize uruhare mu kubaka igihugu gishingiye ku bumwe, ukuri n’ubwiyunge.

 

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153