-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Abaturage barenga miliyoni 1.6 bamaze kwemeza imyirondoro no gufotorwa ku ndangamuntu koranabuhanga


Minisitiri Habimana asaba abataritabiriye kwihutira kugira ngo bose babone indangamuntu nshya

Kigali, 13 Gashyantare 2026 – Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko abaturage barenga miliyoni imwe n’ibihumbi 600 bamaze kwemeza imyirondoro no gufotorwa mu rwego rwo guhabwa indangamuntu koranabuhanga. Yasabye abandi bataritabiriye kwihutira kugira ngo nabo babone iyi serivisi.

Uyu butumwa yatanze ubwo yifatanyaga n’abaturage mu Mujyi wa Kigali mu gikorwa cyo kwemeza imyirondoro no gufotorwa. Minisitiri Habimana yavuze ko iyi gahunda ari intambwe ikomeye mu iterambere ry’ikoranabuhanga ryo gutanga serivisi ku buryo bwihuse kandi bwizewe.

“Ubu abagera kuri miliyoni n’ibihumbi 600 birenga bamaze kuzuza imyirondoro no gufotorwa muri gahunda yo kugira ngo babone indangamuntu koranabuhanga,” Minisitiri Habimana yavuze.
“Ikigo cyateguye ibikorwa neza, abakozi barahuguwe kandi biteguye kwakira abaturage, nta muntu uzakenerwa kwihangana cyane ku masite.”

Guhera mu Kwakira 2025, mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo kwemeza imyirondoro no gufotorwa kugira ngo abaturage bahabwe indangamuntu nshya. Iki gikorwa cyatangiriye mu Ntara y’Amajyepfo, ubu kikaba kiri gukorerwa mu Mujyi wa Kigali, aho biteganyijwe ko bizamara ibyumweru birindwi, buri karere rigakurikirana imirenge 2–3 icyumweru kimwe ku gikorwa.

Minisitiri Habimana yagaragaje ko gahunda igamije kunoza itangwa rya serivisi no korohereza abaturage kugera ku makuru yabo bwite nta nkomyi.

Indangamuntu koranabuhanga: Ibyiza ku baturage

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) kivuga ko iyi sisitemu izahuza amakuru yose ajyanye n’ibiranga umuntu, ikazaba ari ububiko bwizewe ku baturage bose batuye mu Rwanda, harimo:

  • Abanyarwanda
  • Abanyamahanga batuye mu Rwanda
  • Impunzi n’abasaba ubuhungiro
  • Abana batoraguwe
  • Abimukira
  • Abadafite ubwenegihugu

Indangamuntu koranabuhanga izasimbura indangamuntu isanzwe, ikazahuza amakuru yari mu zindi systeme nka CRVS, kandi nyir’ubwite azashobora kuyikoresha kugira ngo agere ku makuru ye yose ku buryo bworoshye, aho ari hose, igihe icyo ari cyo cyose.

Ibi bizagabanya igihe n’amafaranga yakenerwaga mu kugana ibiro no gukora impapuro zemeza imyirondoro, ndetse bizorohereza abaturage kubona serivisi zitandukanye mu buryo bwihuse kandi bwizewe.

 

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153