Yeruzalemu, 15 Gashyantare 2026 – Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikwiye gushyiraho igitutu gikomeye kuri Iran kugira ngo ihagarike burundu gahunda yayo yo gutunganya uranium, ikoreshwa mu bikorwa bya nikeleyeri bishobora kubyara intwaro kirimbuzi.
Mu ijambo yavugiye i Yeruzalemu kuri iki Cyumweru, yasobanuye ko
Iran idakwiye guhabwa amahirwe yo kongera kubaka cyangwa gukoresha ibikorwa
remezo bijyanye no gutunganya uranium, ashimangira ko ibyo bikwiye gukurwaho
burundu muri icyo gihugu.
Aya magambo atangajwe mu gihe Iran na Leta Zunze Ubumwe za
Amerika bitegura icyiciro cya kabiri cy’ibiganiro byitezweho kugera ku
masezerano mashya ku bijyanye na gahunda ya nikeleyeri ya Tehran. Ibiganiro
biteganyijwe kubera mu Busuwisi mu minsi iri imbere.
Ku ruhande rwa Amerika, intumwa nkuru ya Perezida Donald Trump,
Steve Witkoff ari kumwe na Jared Kushner, bazitabira ibiganiro. Naho Iran izaba
ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araghchi n’abandi
bayobozi bakuru.
Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Majid
Takht-Ravanchi, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kuganira ku mpinduka
zishobora gutuma habaho amasezerano mashya, ariko ashimangira ko ibyo bigomba
kujyana no gukurirwaho ibihano by’ubukungu byafatiwe Iran.
Amerika ikomeje kongera igitutu kuri Iran, aho yohereje ingabo,
amato n’indege za gisirikare hafi y’akarere ka Iran, ivuga ko ari ingamba zo
kurinda umutekano w’akarere mu gihe ibiganiro bikomeje.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika,
Marco Rubio, yatangaje ko Perezida Donald Trump ashyigikiye inzira y’ibiganiro
n’ubwumvikane, aho guhitamo inzira y’intambara.
Ibi byose birerekana ko impande zombi ziri gushaka umuti wa
dipolomasi, nubwo hakigaragara kutizerana no gukomeza kotswa igitutu hagati ya
Washington na Tehran.

0 Comments
Imihigonews