-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Nyagatare: Ubuyobozi bwijeje abaturage ku kibazo cy’ubutaka bwambukiranya umupaka w’u Rwanda na Uganda



Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwamaze impungenge abaturage baturiye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda, by’umwihariko abafite ubutaka bwambukiranya imbibi z’ibihugu byombi, bubizeza ko ikibazo cyo kutagira ibyangombwa by’ubutaka kizwi kandi kiri gukurikiranwa n’inzego nkuru z’Igihugu.

Iki kibazo kigaragara cyane mu Kagari ka Shonga, Umurenge wa Karama, aho hari abaturage bafite amasambu afatanye ku buryo igice kimwe kiba kiri mu Rwanda, ikindi kikaba kiri muri Uganda. Bitewe n’uko imbibi z’uyu mupaka zidafite ibimenyetso karemano bigaragara, hari aho ubutaka bwagiye bwinjiranamo, bituma hatangwa amabwiriza yo kudatanga ibyangombwa by’ubutaka kuri ayo masambu.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Matsiko Gonzague, yavuze ko iki kibazo kizwi kandi gifite uburemere.

Ati: “Dufite ikibazo gikomeye cy’abaturage bacu baturiye umupaka batarabona ibyangombwa by’ubutaka. Bituruka ku miterere y’imbago z’umupaka aho hari ubutaka bwagiye bwinjiranamo, bigatuma hadatangwa ibyangombwa kuko ushobora gusanga icyangombwa cyambukiranya umupaka.”

Yasobanuye ko iki kibazo kiri gukurikiranwa n’inzego nkuru z’Igihugu hagamijwe gukora ubusesenguzi bwimbitse butazateza izindi ngaruka.

Ati: “Ni ikibazo kiri gukurikiranwa kugira ngo hakorwe ibintu byizewe. Abaturage basabwa gukomeza gukoresha ubutaka bwabo nta mpungenge zo kubwamburwa, ariko bagategereza ubusesenguzi ku miterere y’uriya mupaka udafite imbibi karemano zigaragara.”

Bamwe mu baturage bavuga ko kubura ibyangombwa by’ubutaka bibabangamiye mu kubona inguzanyo no gukora ishoramari.

Niyonsenga Samuel, utuye mu Kagari ka Shonga, yavuze ko umurima we wambukiranya umupaka ku buryo igice kiri mu Rwanda ikindi kikaba muri Uganda.

Ati: “Ubutaka bwanjye ni bumwe, nta kimenyetso kigaragaza ko aha ari mu Rwanda aha ari muri Uganda. Iyo ngiye gusaba icyangombwa cy’ubutaka, barambwira ko bidashoboka kuko umurima wanjye wambukiranya umupaka. Ibyo bituma ntabona inguzanyo ngo niteze imbere.”

Undi muturage yavuze ko iki kibazo kimaze imyaka myinshi, asaba inzego zibishinzwe kukihutisha.

Ati: “Turahinga ubutaka bwacu, ariko kubura icyangombwa biratubangamiye cyane. Dukeneye kwiteza imbere nk’abandi baturage.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwagaragaje ko iki kibazo kitagarukira mu Kagari ka Shonga gusa, ahubwo no mu tundi duce dukora ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, aho hari amasambu afatanye hagati y’ibihugu byombi.

Mu gusoza, ubuyobozi bwijeje abaturage ko hakomeje gukorwa ubusesenguzi ku rwego rw’Igihugu, hagamijwe gushaka igisubizo kirambye cyubahiriza imbibi z’ibihugu byombi no kurengera uburenganzira bw’abaturage ku mutungo wabo.


Imihigonews|Imiyoborere|Ubutaka



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153