
Addis Ababa – Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Nsengiyumva
Justin, yasabye ko Amasezerano y’Amahoro ya Washington n’aya Doha ashyirwa mu
bikorwa nta mananiza, agaragaza ko hari impungenge ku myitwarire ya Guverinoma
ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ibi yabivuze ku wa 14
Gashyantare 2026, mu Nama ya 39 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU)
yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia.
Yabitangaje ubwo hatangwaga raporo y’Akanama ka AU gashinzwe
Amahoro n’Umutekano (PSC), igaruka ku bikorwa byakozwe n’imiterere y’amahoro ku
mugabane wa Afurika hagati ya Mutarama n’Ukuboza 2025.
Mu ijambo rye, Dr. Nsengiyumva yashimiye abafatanyabikorwa
mpuzamahanga, barimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku ruhare zagize mu
korohereza Amasezerano ya Washington ndetse na Qatar mu gushyigikira
Amasezerano ya Doha.
Ati: “Turashima umusanzu watanzwe na Leta Zunze Ubumwe za
Amerika mu korohereza Amasezerano y’Amahoro ya Washington ndetse na Leta ya
Qatar mu gushyigikira Amasezerano y’Amahoro ya Doha.”
Gusa, yashimangiye ko ibyemejwe muri ayo masezerano bigomba gushyirwa mu bikorwa n’impande zose bireba nta mananiza, agaragaza ko u Rwanda rugifite inkeke ku kuba hari ibyo RDC itarashyira mu bikorwa nk’uko byumvikanyweho.
Yagize ati: “Ibyiza byagezweho binyuze muri aya masezerano
bikwiye gushyirwa mu bikorwa nta yandi mananiza n’impande zose. Turacyatewe
inkeke n’uko Guverinoma ya RDC ikomeje kurenga ku byo yiyemeje.”
Minisitiri w’Intebe yavuze ko nubwo Afurika ikomeje guhura
n’ibibazo by’umutekano mu bice bitandukanye, hari icyizere gishingiye ku
biganiro, ubuhuza n’ingamba zigamije kugarura amahoro arambye.
Yagarutse kandi ku musanzu w’u Rwanda mu bikorwa byo
kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga, agaragaza ko igihugu gikomeje
kwitabira ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye no gufatanya n’ibindi bihugu mu
guhangana n’iterabwoba no kugarura ituze.
Yavuze ko u Rwanda rukomeje gushyigikira ibikorwa byo kurwanya
iterabwoba muri Mozambique no kubungabunga amahoro muri Repubulika ya
Santarafurika, aho ingabo zarwo zikomeje gutanga umusanzu mu kugarura ituze no
kuzamura imibereho y’abaturage.
Dr. Nsengiyumva yanashimye imbaraga za AU, by’umwihariko Inama
yo ku rwego rwo hejuru yabereye i Lomé muri Mutarama 2026, yashimangiye uruhare
rwa AU mu gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington n’aya
Doha.
Amasezerano ya Washington yashyizweho umukono ku wa 27 Kamena
2025 hagati y’u Rwanda na RDC, agamije kubahana no kubaha ubusugire n’ubutaka
bw’ibihugu byombi no gukemura amakimbirane binyuze mu nzira za politiki.
Ku wa 15 Ugushyingo 2025, Guverinoma ya RDC n’umutwe wa M23 na
bo basinye amasezerano y’amahoro i Doha muri Qatar, agamije guhagarika imirwano
mu burasirazuba bwa Congo no gutegura ibiganiro bya politiki.
Ku bijyanye n’ibibazo biri muri Sudani, u Rwanda rwagaragaje ko
rushyigikiye ibiganiro n’ikorwa ry’agahenge hagati y’impande zihanganye, ndetse
no korohereza ibikorwa by’ubutabazi hagamijwe kugera ku mahoro arambye.
Mu gusoza ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko
amahoro arambye ku mugabane wa Afurika azagerwaho ari uko hakemuwe impamvu
shingiro z’amakimbirane, zirimo ibibazo by’imiyoborere, ubusumbane mu bukungu,
guheza no kwibasira amatsinda ari mu kaga.

0 Comments
Imihigonews