Kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026 i Kigali nibwo Rwanda na Brazil basinye amasezerano y’ubufatanye mu ishoramari n’ubucuruzi. Uru rwego ruyobowe na Jean Guy Afurika ku ruhande rw’u Rwanda na Jorge Viana wa ApexBrasil ku ruhande rwa Brazil, rugamije gushyigikira ibigo by’ubucuruzi no korohereza ishoramari ndetse no kongera imikoranire hagati y’ibihugu byombi.
Nk’uko byatangajwe n'Imvahonshya, aya masezerano yashyiriwe umukono mu Nama y’Ubufatanye mu
bukungu yahuje abashoramari bagera kuri 65 bo mu Rwanda na Brazil, aho
bunguranye ibitekerezo ku mahirwe y’ishoramari n’imikoranire.
Umuyobozi Mukuru wa RDB bwana Jean Guy Afurika, yavuze ko aya
masezerano ari intambwe ikomeye mu kubaka urufatiro rukomeye rw’ubufatanye mu
guteza imbere ubucuruzi, korohereza ishoramari no gushyigikira ibigo
by’ubucuruzi mu kugera ku ntego zabyo no guhanga udushya mu nzego zifite uruhare
mu iterambere.
Ati:“Aya masezerano yubaka urufatiro rukomeye rw’ubufatanye mu
guteza imbere ubucuruzi, korohereza ishoramari no gushyigikira ibigo
by’ubucuruzi mu ntego zabyo, by’umwihariko mu nzego zatoranyijwe zifasha mu
iterambere.”
Aya masezerano azafasha gushimangira uburyo bwo gushyigikira
ibigo by’ubucuruzi by’ibihugu byombi, kwagura amasoko, gusangira ikoranabuhanga
no guteza imbere imikoranire igamije guhanga amasoko mashya.
RDB yatangaje ko ibigo byo muri Brazil byiteguye gusuzuma
amahirwe y’ishoramari mu Rwanda mu nzego zirimo ubuhinzi, gutunganya ifumbire,
ubuzima n’inganda. Jean Guy Afurika yavuze ko amahirwe menshi ari mu gutunganya
umusaruro w’ubuhinzi mu rwego rwo kwihaza mu biribwa aho ubunararibonye bwa
Brazil bushobora guhuzwa n’ingamba z’u Rwanda zo kongera agaciro k’umusaruro no
guteza imbere uruhererekane nyongeragaciro rw’ibiribwa.
Ati:“Hari kandi amahirwe akomeye mu bijyanye n’ubwikorezi
n’ikwirakwizwa ry’ibicuruzwa mu karere, ndetse n’ingufu zisubira
n’ikoranabuhanga rishingiye ku bidukikije.”
Perezida wa ApexBrasil Jorge Viana, yavuze ko uru ruzinduko ari
urw’amateka, kuko ari bwo bwa mbere itsinda rinini ry’abashoramari, abayobozi
n’abahagarariye Brazil basuye u Rwanda, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa
icyifuzo cya Perezida Luiz Inácio Lula da Silva cyo gushimangira umubano wa
Brazil n’Afurika.
Yavuze ko u Rwanda ari urugero rw’igihugu cyabashije kwikura mu
mateka akomeye, kikubaka amahoro n’iterambere rirambye. Jorge Viana
yashimangiye ko ApexBrasil igiye kongera imbaraga mu Karere ka Afurika
y’Iburasirazuba, anemeza ko ibiganiro biri kuba bizavamo imishinga n’ishoramari
bifatika mu gihe cya vuba.
Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala, yashimangiye ko
ubufatanye bw’ibihugu byombi buzafasha guteza imbere ishoramari no
kumenyekanisha amahirwe ari mu Rwanda. Yongeyeho ko ku ya 8 Mutarama 2026,
yakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, aho bemeje
ubufatanye buhamye mu nzego zitandukanye zirimo umubano mu bya dipolomasi,
kurengera ibidukikije no guteza imbere siporo.
U Rwanda na Brazil basanzwe bafitanye umubano kuva mu 1981,
harimo amasezerano y’ubufatanye mu by’indege (BASA) yo mu 2019 n’ayandi
y’ubuhinzi mu 2011. Brazil ni cyo gihugu cya mbere ku Isi cyohereza ikawa,
soya, ibisheke n’amaronji, bikaba byagirira akamaro u Rwanda mu guteza imbere
ubuhinzi n’ubworozi.
Isoko: Imvahonshya

0 Comments
Imihigonews