-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Uburezi: Abanyeshuri ba Rwanda Coding Academy basaba kaminuza yihariye mu karere ka Nyabihu

Ifoto: Flashtv screenshot



Ishuri ryigisha ikoranabuhanga ryifuza ko abanyeshuri barifasha mu kwiga amasomo yabo mu buryo budasubirwamo mu zindi kaminuza.

Abanyeshuri biga muri Rwanda Coding Academy, ishuri riherereye mu karere ka Nyabihu, umurenge wa Mukamira, barasaba Leta y’urwanda ko bashyirirwaho kaminuza yihariye y’abanyeshuri basoe muri iri shuri kuko iyo bajya mu zindi kaminuza hano mu rwanda basanga amasomo biga arayo basanzwe bazi, bigatuma igihe cyabo kidakoreshwa neza. Nk’uko babitangarije kuri tereviziyo ya Fulashi (Flash TV).

Abanyeshuri bavuga ko Rwanda Coding Academy itanga amasomo y’ikoranabuhanga agezweho arimo software development, data science, cybersecurity n’andi ajyanye n’ikoranabuhanga ariko iyo basoje bakajya mu zindi kaminuza basanga amasomo ari ay’icyiciro cya mbere, bityo bakisanga basubiramo ibyo bize.

Bavuga ko kaminuza yihariye yabafasha gukomeza gutera imbere mu bumenyi bwabo, bikaba byanatuma Rwanda Coding Academy ikomeza kuba icyitegererezo mu kwigisha ikoranabuhanga mu Rwanda.

Abafatanyabikorwa mu burezi nk’Ikigo gishinzwe uburezi bw’ibanze (REB), Rwanda ICT Chamber na Minisiteri y’Ikoranabuhanga n’Itumanaho (Rwanda ICT) ndetse na HEC basabwe kwita ku basaba iryo shuri no gukora igenamigambi rihamye kugira ngo hashyirweho uburyo bwo guhuza amasomo y’ikoranabuhanga n’imyigire ya kaminuza.

Gushyiraho kaminuza yihariye ya Rwanda Coding Academy byafasha kongera ubushobozi bw’abanyeshuri no gutanga ubumenyi bugezweho mu gukumira gusubiramo amasomo basanzwe bazi. Ibi kandi byatanga amahirwe yo guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda no kongera imbaraga z’urubyiruko mu isoko ry’umurimo.



IMIHIGO NEWS | Ikoranabuhanga



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153