-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Rwanda: Umushyikirano wa 20 utangiye i Kigali, Abanyarwanda baganira ku iterambere ry’igihugu



Kigali hategerejwe Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20 iteganyijwe ku wa 5-6 Gashyantare 2026.

Nk’uko byatangajwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida Kagame yabaye ku wa 28 Mutarama 2026 izabera mu nyubako ya Kigali Convention Centre (KCC), ihuza Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye n’inshuti z’u Rwanda mu biganiro bigamije kurebera hamwe aho igihugu kigeze n’icyerekezo cy’ahazaza.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yibanda ku gusuzuma aho igihugu kigeze mu kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda, gushaka ibisubizo by’ibibazo byagaragaye mu nzego zitandukanye n’ibindi bigamije iterambere rirambye.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iheruka yabaye ku wa 23-24 Mutarama 2024, itangizwa na Perezida Kagame. Yitabiriwe n’Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye. Uretse abari bateraniye muri Kigali Convention Centre hari n’abari mu bindi bice bitandukanye nka Gatsibo, Rutsiro, Burera, Nyanza no muri Pologne.

Icyo gihe Perezida Kagame yabwiye Abanyarwanda ko igihugu gitekanye kandi ko nta kintu na kimwe kizatuma kidatekana.

Yasobanuye ko nta muntu n’umwe asaba uburenganzira bwo gukora amahitamo yo kurengera igihugu.

Umukuru w’Igihugu icyo gihe yongeye gusaba urubyiruko gufata iya mbere mu guharanira iterambere ry’igihugu.

Perezida Kagame yibukije ko aho Abanyarwanda bavuye n’aho bashaka kugera, mbere na mbere bikwiriye kuba bishingiye ku Banyarwanda.

Yagaragaje ko nta Munyarwanda ukwiriye guteta arakomeza ati “Rero iyi nama y’Umushyikirano, ibaye iya kenshi tumaze kugira, numva ari ukwisuzuma, turahura ngo turebe aho tuvuye , dushakishe ibiri mu bushobozi bwacu nk’abantu twakora kugira ngo dukomeze tuve ikuzimu tujye ibuntu.”

“Ni yo mpamvu twe nk’Abanyarwanda tutakora ibintu ngo duse nk’abatesi, none se mwe murateta mufite iki? Mwateta mu biki? Guteta nk’Umunyarwanda ni iki ? Ko ari nka bya bindi navugaga ko n’ushatse kuba ikigoryi abacyo? Wateta mu biki?”

Uyu mwaka, Umushyikirano uhuja abayobozi b’inzego za Leta, abahagarariye inzego z’abikorera, imiryango itari iya Leta, abahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga, urubyiruko, abagore ndetse n’Abanyarwanda baba mu mahanga bose baganira ku iterambere rirambye n’imiyoborere ishingiye ku muturage.

Nk’uko byatangajwe n’inzego zateguye iyi nama, insanganyamatsiko y’uyu mwaka ishingiye ku gushimangira uruhare rw’umuturage mu iterambere ry’igihugu, hagamija gukomeza kubaka u Rwanda rufite ubukungu bukomeye, bushingiye ku bumenyi, ikoranabuhanga n’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Umushyikirano ni urubuga rwihariye rwashyizweho hagamijwe guha Abanyarwanda ijambo, bakaganira ku bibazo n’ibitekerezo byabo mu buryo bufunguye, bagatanga inama zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no guteza imbere igihugu muri rusange.

Abitabiriye iyi nama bagaragaza ko Umushyikirano wabaye igikoresho gikomeye mu gukemura ibibazo byagaragajwe n’abaturage, binyuze mu gufata imyanzuro igaragara ku miyoborere, ubukungu, imibereho myiza n’iterambere rusange ry’igihugu.

Biteganyijwe ko muri iyi nama hazatangwa ibiganiro bitandukanye, hakabaho n’igihe cyo kungurana ibitekerezo hagati y’abayobozi n’abaturage, hagamijwe gushakira hamwe ibisubizo ku bibazo byugarije igihugu no gukomeza urugendo rw’iterambere u Rwanda rumazemo imyaka irenga makumyabiri.



IMIHIGO NEWS | Imiyoborere | Umushyikirano ku nshuro ya 20



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153