Kigali, 9 Werurwe 2026 – Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) gitangaza ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibisubizo byavuye mu gahunda Mpuzamahanga yo Gusuzuma Ubumenyi n’Ubushobozi by’Abanyeshuri (PISA) ya 2025.
Abanyeshuri 7,455 bo mu bigo 213 by’amashuri yisumbuye
bitabiriye iri suzuma ryakozwe kuva 27 Mata kugeza 7 Kamena 2025. Amanota
azatangazwa mu kwezi kwa Nzeri 2026.
Isuzuma rya PISA rikorwa mu byiciro bibiri: Igerageza n’isuzuma
nyirizina, kandi ryibanze ku gusoma, imibare, no muri Siyansi.
Nk’uko byatangajwe na Dr. Bernard Bahati, Umuyobozi Mukuru wa
NESA intego nyamukuru y’iyi gahunda ni gusuzuma ibyo abanyeshuri bashoboye no
gukoresha amakuru mu igenamigambi ry’uburezi rirambye.
U Rwanda rwungukira kuri PISA mu buryo bukurikira: “Kunoza
integanyanyigisho n’ingamba zo kwigisha.”
Gutanga ibipimo mpuzamahanga byo kugereranya urwego rw’imyigire y’abanyeshuri, Gufasha
abayobozi mu gufata ibyemezo bya politiki bigamije kongera ireme ry’uburezi
Isuzuma ryo hagati mu gihembwe (midline assessment) ryakozwe
kandi mu mashuri 500 mu gihugu hose, ryibanze ku banyeshuri bo mu byiciro bya Primary
1, Primary 2, na Primary 3 mu masomo ya Kinyarwanda, Icyongereza, n’Imibare,
hagamijwe kureba uko gahunda ya Remedial Teaching and Learning Program ishyirwa
mu bikorwa.
Ibi bizafasha mu gutegura igenamigambi rihamye ry’uburezi, no
kongera ubushobozi bw’abanyeshuri bafite intege nke mu masomo y’ibanze, bityo
bigafasha kuzamura amanota no guteza imbere ireme ry’uburezi mu gihugu.
Dr. Bernard Bahati yagize ati:
“Iri suzuma rifasha igihugu kumenya aho gahunda yacu yo gufasha
abanyeshuri bafite intege nke igeze kandi rituma dushobora gukora igenamigambi
rirambye ry’uburezi bufite ireme.”
Amateka n’Iby’ingenzi kuri PISA:
PISA yatangijwe n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu, Ubufatanye
n’Iterambere (OECD) mu 1997. Isuzuma rikorerwa buri myaka itatu mu bihugu
birenga 80 ku isi. Rigamije gupima ubushobozi bw’abanyeshuri mu gukoresha
ubumenyi mu buzima busanzwe, hakarebwa ibitekerezo, ubushobozi bwo gukemura
ibibazo n’ubuhanga mu masomo.
Mu Rwanda, PISA yatangiye gukorwa mu 2000 kandi rikomeje gufasha
mu kunonosora politiki z’uburezi no guteza imbere ireme ry’amashuri.
IMIHIGONEWS.RW

.jpg)
0 Comments
Imihigonews