-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Nyagatare: Ibiyobyabwenge bifite agaciro ka Miliyoni 100 byangirijwe i Matimba mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage



Mu Karere ka Nyagatare, mu Murenge wa Matimba, ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bufatanyije n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’akarere bayoboye igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe bifite agaciro k’asaga Miliyoni 100 Frw, byafatiwe mu mirenge itandukanye. Ibi byakozwe mu rwego rwo gukomeza guhangana n’ibyangiza ubuzima bw’abaturage no kubungabunga umutekano rusange.

Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Matimba aho abaturage n’inzego zitandukanye bari bahuriye mu kwirebera uko ibi biyobyabwenge bisenywa burundu. Ni igikorwa kigaragaza ubufatanye buri hagati y’inzego za Leta n’abaturage mu kurwanya ibyaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, yavuze ko ibi biyobyabwenge byafashwe mu bihe bitandukanye binyuze mu bikorwa byo kubihashya bikorwa buri gihe. Yagaragaje ko byari bigizwe n’amapaki ibihumbi 55 y’inzoga zizwi nka Zebra na Chief, litiro 1500 za kanyanga, ibiro 175 by’urumogi ndetse na litiro ibihumbi 22 by’inzoga z’inkorano.

Yagize ati: “Ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano byagiye bitwara ubuzima bw’abaturage. Ntidushobora kurebera abakomeza kubicuruza no kubitunda. Twashyize imbaraga hamwe na Polisi n’Ingabo mu bikorwa byo kurwanya ibyaha kugira ngo tubikumire burundu.”

Abaturage bitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko cyabafashije kumva ubukana n’ingaruka z’ibiyobyabwenge. Kacyihoza Anah yavuze ko mbere batabyitaga cyaneho, ariko ubu basobanukiwe ko ari ikibazo gikomeye gishobora no guhitana ubuzima.

Ati: “Twabonye ko ababikoresha bagira ingaruka zikomeye, bamwe bikabaviramo urupfu. Ubu tugiye gufatanya n’ubuyobozi dutanga amakuru aho tubibonye cyangwa tubiketse.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yasabye abaturage kurushaho kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge, ashimangira ko bidindiza iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu muri rusange.

Yagize ati: “Dukwiye gufatanya guca ibi bintu biduhombya. Abaturage bagomba kuba ijisho ry’ubuyobozi aho batuye, bagakumira uwashaka kubicuruza. Ibi ni ibyaha bihanwa n’amategeko kandi bigira ingaruka zikomeye ku buzima.”

Mu Rwanda, ingingo ya 263 y’itegeko rihana ibyaha byerekeye ibiyobyabwenge iteganya ko uwabihamijwe ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 20 na burundu, ndetse n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 20 Frw na miliyoni 30 Frw.

Iyi gahunda yo kurwanya ibiyobyabwenge ikomeje gushyirwamo imbaraga mu gihugu hose, aho ubuyobozi busaba abaturage kugira uruhare rugaragara mu gutanga amakuru no kwirinda ibishobora kubashyira mu kaga, mu rwego rwo kubaka umuryango utekanye kandi utera imbere.

  



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153