-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

U Rwanda n’Isi Bizihije International Women’s Day 2026: Agaciro n’Uruhare rw’Umugore

Umunsu w'abagore (abadamu) 8 Werurwe buri mwaka



Kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore (International Women’s Day, umunsi ugamije kuzirikana uruhare rukomeye rw’umugore mu iterambere ry’imiryango n’ibihugu no gukomeza guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo.

Uyu munsi wizihijwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Umugore ni uw’agaciro”, ishishikariza abantu bose kuzirikana ibyo abagore bagezeho mu mibereho myiza, ubukungu,Uburezi, imiyoborere myiza n’ubutabera, ndetse no gukomeza kubashyigikira mu rugendo rwo kubaka isi irimo amahirwe angana kuri bose.

Mu Rwanda, kwizihiza uyu munsi byabanje gutegurwa n’ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere imibereho y’abagore no kubitaho.

Muri ibyo bikorwa harimo siporo rusange yateguwe n’Inama y’Igihugu y’Abagore (National Women Council Rwanda) igamije gushishikariza abagore kwita ku buzima bwabo no kwisuzumisha indwara zitandura.

Abagize Forum for Rwandan Women Parliamentarians (FFRP) bo mu nteko nshingamategeko y’Urwanda basuye imishinga itandukanye y’abagore mu turere twa Gisagara  na Nyamasheke, hagamijwe kureba uruhare rw’abagore mu iterambere rishingiye ku bucuruzi n’imishinga ibyara inyungu.

Uyu munsi kandi usanzwe uba umwanya wo gufasha abagore batishoboye, aho mu bihe bitandukanye hatanzwe amatungo magufi, ibikoresho by’ubudozi n’inkunga zitandukanye zigamije kubafasha kwiteza imbere no kongera ubushobozi bwo kwihaza.

Amateka y’uyu munsi ashingiye ku rugamba abagore bagiye barwanira uburenganzira bwabo mu kazi, muri politiki no mu mibereho rusange.

Mu mwaka wa 1910, umunyapolitiki w’Umudage Madamu Clara Zetkin yasabye ko hashyirwaho umunsi mpuzamahanga w’abagore mu nama mpuzamahanga y’abagore yabereye i Copenhagen muri Denmark.

Nyuma yaho, mu 1975, United Nations yatangiye kwizihiza uyu munsi ku mugaragaro ku rwego rw’isi, bituma uba umunsi mpuzamahanga wemewe n’amahanga.

Mu Rwanda, uyu munsi watangiye kwizihizwa ku mugaragaro mu 1972, ugenda uba umwanya wo kugaragaza iterambere ry’umugore no gushimangira uburinganire.

Uyu munsi ugaragaza ko umugore afite uruhare rukomeye mu iterambere ry’isi, haba mu muryango, mu bukungu, mu miyoborere no mu kurengera uburenganzira bwa muntu.

Mu Rwanda by’umwihariko, abagore bagaragaje uruhare rukomeye mu nzego zitandukanye zirimo ubuyobozi, ubucuruzi, uburezi n’ubuhinzi, bituma igihugu kiba kimwe mu bifite abagore benshi mu nteko ishinga amategeko ku isi.

Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore ni umwanya wo kwishimira intambwe yatewe mu guteza imbere umugore, ariko kandi ni n’igihe cyo gutekereza ku mbogamizi zikiriho.

Abayobozi n’imiryango itandukanye bakomeje gushishikariza buri wese gushyigikira abagore, kubaha amahirwe angana n’ay’abagabo no gukomeza kubaka sosiyete irangwa n’uburinganire n’ubutabera.



IMIHIGONEWS.RW



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153