![]() |
| Ifunguro ku ishuri(WFP) |
Mu gihe Isi ikomeje gushaka uko yazamura ireme ry’uburezi
n’imibereho myiza y’abanyeshuri mu mashuri, raporo nshya ya World Food
Programme (WFP) igaragaza ko u Rwanda rwongereye umubare w’abanyeshuri bahabwa
ifunguro ku ishuri hafi inshuro esheshatu mu myaka ibiri gusa.
Raporo y’Abanyeshuri bagaburirwa igaragaza ko abanyeshuri
bahabwaga ifunguro ku ishuri bavuye kuri miliyoni 0.7 mu 2022 bagera kuri
miliyoni 3.9 mu 2024. Ibi bishyira ko U rwanda ruri mu bihugu byagaragaje
umuvuduko wihuse muri gahunda y’ifunguro ku ishuri ku rwego rwa Afurika.
Iyo raporo igaragaza kandi ko Afurika ari yo iyoboye mu kwagura
gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri, aho mu myaka ibiri ishize
hiyongereyeho abanyeshuri miliyoni 20 muri gahunda y’ifunguro ku ishuri, muri
miliyoni 48 ziyongereye ku rwego rw’Isi.
U Rwanda ruri kumwe na Ethiopia, Madagascar na Kenya, ibihugu
byagaragaje kwagura iyi gahunda kugera ku nshuro esheshatu mu gihe gito.
Abasesenguzi bavuga ko iri zamuka rishingiye ku buyobozi bwa
Leta, ishoramari mu burezi n’ubufatanye n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga barimo
Afurika y’unzubumwe.
Gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri igamije kuzamura
imyigire, kugabanya guta ishuri no guteza imbere imirire myiza cyane cyane mu
bice by’icyaro.
Abakurikiranira hafi ibijyanye n’uburezi bavuga ko niba
umuvuduko nk’uyu ukomeje, Afurika ishobora kugera ku ntego zo kongera abanyeshuri
bagaburirwa ku mashuri ku gipimo kiri hejuru mu myaka iri imbere.
IMIHIGONEWS.RW

0 Comments
Imihigonews