![]() |
Amerika na Iran bateranye amagambo bapfa Umuhoro wa Hormon |
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran, Mohammad Baqer
Qalibaf, yatangaje ko amakimbirane akomeje hagati y’igihugu cye na Leta Zunze
Ubumwe za Amerika ashobora kugira ingaruka zikomeye ku baturage b’Amerika cyane
cyane mu gihe impande zombi zikomeje guterana amagambo ku ikoreshwa ry’inzira
ya Hormuz.
Ibi Qalibaf yabigarutseho ku wa 6 Mata 2026, mu butumwa yasohoye
asubiza Donald Trump, uherutse gutanga umuburo ukomeye ku bijyanye n’ifungwa
ry’iyi nzira y’ingenzi inyuzwamo ubucuruzi mpuzamahanga.
Donald Trump, abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social ku wa 5
Mata 2026, yari yatangaje ko Iran igomba gufungura inzira ya Hormuz bitarenze
ku wa 7 Mata, bitaba ibyo hakaba hashobora gukurikiraho ibitero ku
bikorwaremezo by’ingenzi by’iki gihugu, birimo inganda z’ingufu. Yagaragaje ko
kudafungura iyi nzira byashyira Iran mu kaga gakomeye.
Mu gusubiza ayo magambo, Qalibaf yagaragaje ko ibyo Trump arimo
bishobora guteza ibibazo birenze imbibi za Iran, ashimangira ko bishobora
kugera no ku baturage ba Amerika ubwabo. Yavuze ko gukomeza kongera
ubushyamirane bishobora kugira ingaruka ku miryango y’Abanyamerika ndetse no ku
mutekano w’akarere muri rusange.
Yagize ati: “Ibyemezo bifatwa muri ubu buryo bishobora gushyira
mu kaga buri muryango w’Abanyamerika kandi bikagira ingaruka zikomeye ku karere
kose cyane cyane mu gihe hari gukurikizwa inyungu za politiki z’abandi bayobozi
bo mu karere.”
Qalibaf kandi yagaragaje ko inzira y’intambara idashobora
gutanga umusaruro mwiza ku ruhande urwo ari rwo rwose, asaba ko hakwiye
gushakwa ibisubizo binyuze mu nzira z’amahoro.
Iyi myivurugutano ishingiye ku ifungwa ry’inzira ya Hormuz, imwe
mu nzira z’ingenzi ku isi inyuzwamo ibicuruzwa cyane cyane ibikomoka kuri
peteroli. Ni inzira ifite uruhare runini mu bucuruzi mpuzamahanga kuko
inyuzwamo hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku isi.
Ifungwa ryayo ryabaye nyuma y’ibitero Iran yagabweho ku wa 28
Gashyantare 2026, ibintu byahise bitera impungenge ku bukungu bw’isi, aho
ibihugu byinshi byahise bihura n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.
Mu Rwanda na ho byagize ingaruka zifatika, aho Urwego
Ngenzuramikorere (RURA) ruherutse gutangaza izamuka ry’ibiciro bya lisansi na
mazutu. Litiro ya lisansi yageze ku mafaranga 2303 Frw, yiyongeraho 314 Frw, mu
gihe mazutu yo yageze kuri 2205 Frw, yiyongeraho 257 Frw.
Ibi bigaragaza uburyo amakimbirane mpuzamahanga ashobora kugira
ingaruka ku bihugu bitari mu ntambara by’umwihariko mu bijyanye n’ubukungu
n’imibereho y’abaturage.
Mu gihe impande zombi zikomeje guterana amagambo, impungenge ni
nyinshi ku hazaza h’iyi mvutano cyane ko inzira ya Hormuz igira uruhare
rukomeye mu mutekano w’ubukungu bw’isi. Abasesenguzi bagaragaza ko gukomeza
gukaza umurego bishobora gutuma ibintu birushaho gukomera, bityo hakaba
hakenewe ibiganiro byihutirwa byashakira umuti urambye iki kibazo.
IMIHIGONEWS.RW

0 Comments
Imihigonews