-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Rwanda: Dr. Bizimana Agaragaza Uko Abageragezaga Kuvuga Ukuri ku Ngoma ya Habyarimana Bicwaga, Harimo na Padiri Sindambiwe

Dr. Bizimana Jean Damascene MINUBUMWE


Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu , Dr. Jean Damascène Bizimana yatangaje ko ku butegetsi bwa Juvénal Habyarimana, abantu benshi bishwe bazira kuvuga ukuri ku miyoborere mibi yaje no gushyira igihugu mu nzira ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yabitangaje ku wa 5 Mata 2026 mu kiganiro yagiranye n’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru(RBA) aho yagarutse ku mateka agaragaza uko ubutegetsi bw’icyo gihe bwacecekesheje abatinyukaga kunenga politiki yabwo.

Dr. Bizimana yavuze ko kuva Habyarimana yafata ubutegetsi mu 1973, hashyizweho imiyoborere igendera ku gitugu, aho uwageragezaga kugaragaza ibibazo byari mu gihugu yahitaga acecekeshwa cyangwa akicwa.

Yagize ati: “Ugeragezaga kugaragaza ko mu Rwanda hari imitegekere mibi cyangwa ikibazo cy’impunzi kigomba kwitabwaho, iyo atamwicaga yaramucecekeshaga.”

Mu ngero yatanze, yagarutse kuri Padiri Sindambiwe Silvio, wari umuyobozi w’Ikinyamakuru Kinyamateka mu myaka ya 1980, cyari mu bitangazamakuru byasomwaga cyane icyo gihe.

Yavuze ko Sindambiwe yashyize imbere itangazamakuru ryigenga, agashyiramo abanyamakuru b’abahanga bandikaga inkuru zagaragazaga ibibazo byari mu miyoborere y’igihugu, by’umwihariko politiki y’ivangura mu mashuri.


Ibi ngo byatumye atotezwa bikomeye n’abayobozi barimo Aloys Nsekalije na Augustin Nduwayezu, kugeza ubwo basabye Inama y’Abepisikopi Gatolika kumwirukana ku buyobozi bwa Kinyamateka.

Nyuma yo kwirukanwa, yasubiye i Butare akomereza ibikorwa bye ariko akomeza gukurikiranwa n’inzego z’ubutasi.

Dr. Bizimana yavuze ko mu 1988, Sindambiwe yitabiriye inama mpuzamahanga ku itangazamakuru yabereye mu Budage, aho yari yateguye kugeza ku bitabiriye ubuhamya bw’uko ubutegetsi bw’u Rwanda bwatotezaga itangazamakuru.

N’ubwo hari abagerageje kumubuza gutanga icyo kiganiro, yaracyatanze, agaragaza uko ukuri kwacecekeshwaga.

Gusa agarutse mu Rwanda, ngo ntiyatinze guhitanwa n’impanuka yatewe n’ikamyo ya Leta, bikekwa ko atari impanuka isanzwe.

Ati: “Agarutse ntiyamaze kabiri, bamugongesha ikamyo ya Leta. Ibyo ni ibimenyetso bizwi.”

Minisitiri Bizimana kandi yagaragaje ko atari we wenyine, kuko hari n’abandi banyepolitiki bishwe mu buryo busa n’ubwo, barimo François Muganza, washakaga gushinga ishyaka rya politiki, ndetse na Felicula Nyiramutarambirwa, wagaragaje ibibazo by’uburiganya mu itangwa ry’amasoko ya Leta.

Yavuze ko abo bose bagiye bicwa cyangwa bagacecekeshwa, harimo n’abagiye barogwa, kubera gusa ko bashakaga kugaragaza ukuri ku miyoborere mibi.

Ibi byose, nk’uko yabigaragaje, biri mu byashyize u Rwanda mu nzira mbi yarangiye ibaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Dr. Bizimana yasabye Abanyarwanda gukomeza kwigira ku mateka, bakirinda icyatuma basubira mu bihe by’ivangura n’akarengane, anasaba ko ukuri ku mateka yakomeza gusigasirwa no kwigishwa abakiri bato.



IMIHIGONEWS.RW

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153