Itegeko rigena imitunganyirize y'uburezi mu Rwanda riteganya ibihano ku banyeshuri, abarimu n'abandi bakozi bagira uruhare mu gukopera cyangwa gukopeza mu bizamini. Abafatwa muri ibyo bikorwa bashobora guhanishwa ihazabu iri hagati y’amafaranga angana na 50,000 Frw na 100,000 Frw ndetse n'ibindi bihano biteganywa n'amategeko.
Mu rwego rwo gukomeza kurinda ubunyangamugayo n'ireme
ry'uburezi, Leta y'u Rwanda yashyizeho amategeko ahana ibikorwa byo gukopera
cyangwa gukopeza mu bizamini. Ingingo ya 127 y'Itegeko No 010/2021 ryo ku wa 16
Gashyantare 2021 rigena imitunganyirize y'uburezi isobanura ibihano bihabwa
abagaragaye muri ibyo bikorwa.
Nk'uko biteganywa n'iri tegeko, umunyeshuri ugaragaweho gukopera
cyangwa gukopeza mu bizamini by'ishuri cyangwa iby'Akarere ahanishwa ibihano
biteganywa n'amategeko ngengamikorere y'ishuri yigamo.
Iyo ibikorwa byo gukopera bibaye mu bizamini bya Leta cyangwa
iby'Igihugu, ibihano bikurikiza amabwiriza ashyirwaho n'urwego rushinzwe
ibizamini bya Leta.
Iri tegeko kandi rireba abarimu n'abandi bakozi bo mu rwego rw'uburezi.
Umwarimu cyangwa umukozi wese ugaragaweho kugira uruhare mu gukopeza
umunyeshuri mu bizamini ashobora guhanishwa ihazabu yo mu rwego rw'ubutegetsi
iri hagati ya 50,000 Frw na 100,000 Frw, bitewe n'uburemere bw'icyaha yakoze.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bihano bigamije gukumira uburiganya
mu bizamini no kubungabunga agaciro k'impamyabumenyi zitangwa n'inzego
z'uburezi mu Rwanda.
Abanyeshuri, abarimu n'abandi bakozi bo mu rwego rw'uburezi
barasabwa kubahiriza amategeko agenga ibizamini no kwirinda ibikorwa byose
bishobora guhungabanya ubunyangamugayo mu myigire. Kubahiriza aya mategeko ni
imwe mu nkingi zikomeza kuzamura ireme ry'uburezi no gutanga impamyabumenyi
zishingiye ku bumenyi nyabwo bw'abazihabwa.
IMIHIGONEWS.RW

0 Comments
Imihigonews