Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko n’ubwo abana benshi bo mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza (P3) bashoboye gusoma amagambo n’interuro, umubare munini muri bo ugifite ikibazo cyo gusobanukirwa ibyo basomye. Ubushakashatsi bwa LARS 2026 bugaragaza ko 44% gusa by’abo bana ari bo bashobora gusubiza ibibazo bishingiye ku byo basomye.
Ubushobozi bwo gusoma no gusobanukirwa ibyo umuntu asoma ni imwe
mu nkingi z’ingenzi z’uburezi bufite ireme. Nyamara, ubushakashatsi buherutse
gukorwa mu mashuri yo hirya no hino mu Rwanda bwerekanye ko hari abana benshi
bashobora gusoma amagambo n’interuro, ariko bakagira ikibazo cyo gusobanukirwa
ubutumwa bukubiye mu byo basomye.
Ibi byagaragajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini
n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) mu bushakashatsi bupima urwego rw’imyigire
n’imyigishirize mu mashuri y’u Rwanda (LARS 2026), bwamuritswe kuri uyu wa
Mbere, tariki ya 15 Kamena 2026, i Kigali.
Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr. Bernard Bahati, yavuze ko
ubushakashatsi bwagaragaje ko 49% by’abana bo mu mwaka wa gatatu w’amashuri
abanza bashoboye gusoma nibura amagambo 35 y’Ikinyarwanda mu munota umwe, mu
gihe 71% bashobora gusoma ayo magambo ari mu nteruro.
Yasobanuye ko iyi mibare igaragaza intambwe imaze guterwa mu
guteza imbere umuco wo gusoma mu bana bato cyane cyane nyuma y’ishyirwa mu
bikorwa rya gahunda zitandukanye zigamije guteza imbere gusoma mu byiciro byo
hasi by’amashuri abanza.
N’ubwo bimeze bityo, ubushakashatsi bugaragaza ko ikibazo
gikomeye gisigaye ari uko abana benshi bashobora gusoma, ariko ntibasobanukirwe
neza ibyo basomye.
Dr. Bahati yagize ati: "Dufite ikibazo gikomeye cyane
cy’uko abana basoma ariko wababaza ibyo basomye, 44% gusa ni bo bashobora
kugusubiza ko ibyo basomye babyumvise."
Ibi bivuze ko abarenga kimwe cya kabiri cy’abana bo muri P3
bafite ikibazo cyo gusobanukirwa ibyo basoma, n’ubwo baba bashoboye gusoma
amagambo cyangwa interuro zanditse.
Ubushakashatsi kandi bwagaragaje ko iki kibazo kitagarukira ku
rurimi rw’Ikinyarwanda gusa, ahubwo no mu Cyongereza hari abana bagaragaza
intege nke mu gusobanukirwa ubutumwa bukubiye mu nyandiko basoma.
Abahanga mu burezi bavuga ko gusoma bifite umumaro nyawo iyo
biherekejwe no kumva no gusesengura amakuru ari mu nyandiko. Iyo umwana
adashobora gusobanukirwa ibyo yasomye, bishobora kugira ingaruka ku mitsindire
ye ndetse no ku bushobozi bwe bwo kwiga andi masomo ashingiye ku gusoma no
gusesengura amakuru.
NESA ivuga ko ibyavuye muri ubu bushakashatsi bizafasha inzego
z’uburezi gutegura ingamba zigamije kunoza uburyo bwo kwigisha gusoma no
kongerera abana ubushobozi bwo gusobanukirwa ibyo basoma hakiri kare.
Ku rundi ruhande, bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri abanza
bavuga ko ikibazo cyo kubura ibitabo bihagije byo gusoma n’ibyifashishwa mu
myigire gikomeje kuba imbogamizi. Hari aho usanga igitabo kimwe gisangirwa
n’abanyeshuri benshi, rimwe na rimwe bakagera kuri 50, ibintu bishobora kugira
ingaruka ku rwego rw’imyigire no kwimenyereza gusoma.
Ni mu gihe gahunda zigamije guteza imbere gusoma mu bana zatumye
benshi bashobora gusoma amagambo n’interuro, ubushakashatsi bwa LARS 2026
bwerekana ko hakiri urugendo mu kubafasha gusoma bumva. Abashinzwe uburezi
basanga kongera imbaraga mu kwigisha abana gusobanukirwa ibyo basoma, kongera
ibikoresho byifashishwa mu myigire no guteza imbere umuco wo gusoma, bizagira
uruhare rukomeye mu kuzamura ireme ry’uburezi no gutegura neza ejo hazaza
h’abanyeshuri b’u Rwanda.
WWW.IMIHIGONEWS.RW


0 Comments
Imihigonews