-->

REB Yatangiye Kwakira Ubusabe bwa External Transfer ku Barimu: Hasigaye Iminsi Mike yo Gusaba Kwimurirwa ahandi


Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Uburezi bw'Ibanze (REB) cyatangiye kwakira ubusabe bw'abarimu bifuza kwimurirwa mu tundi turere (External Transfer) binyuze muri sisitemu ya Teacher Management Information System (TMIS), mu rwego rwo gutegura umwaka w'amashuri wa 2026–2027.

Iki gikorwa kigamije guha amahirwe abarimu bujuje ibisabwa byo gusaba kwimurirwa mu yandi mashuri cyangwa utundi turere hashingiwe ku mabwiriza yashyizweho na REB.

Nk'uko amabwiriza abigaragaza, abarimu basaba external transfer bagomba kuba bujuje ibisabwa birimo kugira amakuru yabo yuzuye muri TMIS, kuba bafite amanota y'isuzumabushobozi yujuje ibisabwa ndetse n'ibindi bisabwa biteganywa n'amabwiriza ya gahunda ya transfer na permutation.

Mu cyiciro cyo gusaba transfer, umwarimu asabwa guhitamo akarere yifuza kwimukiramo ndetse n'amashuri ashobora gukoreramo, akanandika impamvu (Motivate your request) isobanura impamvu y'ubusabe bwe mbere yo kohereza dosiye muri TMIS.

REB yasabye abarimu kutazategereza umunsi wa nyuma, ahubwo bakuzuza ubusabe bwabo hakiri kare kugira ngo birinde ibibazo bishobora guterwa n'ubwinshi bw'abakoresha sisitemu cyangwa amakosa ashobora kuboneka mu minsi ya nyuma. Nk'uko gahunda yatangajwe ibiteganya, external transfer ikorwa hagati ya tariki 6 na 12 Nyakanga 2026, Bikaba byarabaye ngombwa ko iyi gahunda yimurirwa ku wa 13 Nyakanga 2026 kugeza ku wa 16 Nyakanga 2026 bityo abarimu bagasabwa kohereza ubusabe mbere y'uko igihe ntarengwa kigera.

Abarimu bifuza kwimurwa basabwe gusuzuma neza amashuri n'uturere bahitamo kugira ngo bahitemo ahajyanye n'ibyifuzo byabo ndetse n'aho bashobora gukomeza gutanga umusanzu mu burezi bw'u Rwanda.

Ibindi bisobanuro mwakomeza gukurikirana imihigonews.rw cyangwa imbuga zose za REB

imihigonews



Post a Comment

0 Comments