-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Gatsibo: Abaturage bo muri Kiramuruzi batabarije nyir’iduka wateshejwe kwibwa n’abajura

Aho batobeye bari bagiye kwinjirira majya mu iduka kwiba


Mu ijoro ryo ku wa 16 Ukuboza 2025, abaturage bo mu Murenge wa Kiramuruzi, Akagari ka Nyabisindu, Umudugudu wa Gasave mu Karere ka Gatsibo, batabarije MUHAWENIMANA Valens wari ugiye kwibwa n’abajura bacukuye inzu. Ni igikorwa cyongeye kwerekana uko ikibazo cy’ubujura gikomeje gufata indi ntera muri aka gace, cyane muri ibi bihe by’inzara byibasiye abaturage benshi.

Ubujura ni kimwe mu byaha bikomeje guteza impungenge mu baturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba, by’umwihariko mu Karere ka Gatsibo n’utundi turere, aho abaturage bavuga ko batakibona umutekano usesuye w’ibyabo. Mu minsi ishize, humvikanye inkuru zitandukanye z’abaturage bibwe amatungo n’ibindi byabo, ndetse n’ibigo by’amashuri bigatoborwa n’abajura. Ibyabereye mu Murenge wa Kiramuruzi mu ijoro ryo ku wa 16 Ukuboza 2025, aho iduka ryateshejwe kwibwa ku bw’amahirwe, byongeye kugaragaza uburemere bw’iki kibazo.

Amakuru Ikinyamakuru Imihigo News yamenye yemeza ko mu ijoro ryo ku wa 16 Ukuboza 2025, abajura bataramenyekana bagerageje kwiba iduka rya Muhawenimana Valens, riherereye mu Mudugudu wa Gasave, Akagari ka Nyabisindu, Umurenge wa Kiramuruzi. Aba bajura bari bagiye kwiba baciye mu butaka hasi, bagamije kwinjira mu iduka no kwiba ibirimo byose.

Gusa, ku bw’amahirwe, nyir’iduka yararimo hamwe n’abaturanyi be batabarira hafi batariba. Amakuru yahaye Imihigo News yavuze ko yumvise urusaku rudasanzwe mu ijoro, akeka ko hari igikorwa kidasanzwe kirimo kuba. Yahise atabaza abaturage baturanye na we maze abajura babona ko bimenyekanye bariruka batarinjira mu iduka, bityo igikorwa cy’ubujura kirapfuba.


Umuturage utuye hafi aho yagize ati: “Twumvise umuntu atabaza n'ijoro, twiruka tuhageze dusanga abajura barimo gucukura ariko banyuze inyuma yinzu gusa kubw’amahirwe make twagize twasanze abo bajura badusize bagiye. Kubera ko nyir’iduka yari ararimo, byabaye amahirwe akomeye kuko ubundi bari kuryiba.”

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko ibi byabaye atari byo byonyine, ahubwo ari kimwe mu bikorwa byinshi by’ubujura byagiye bivugwa cyane kuva hagati mu kwezi k’Ugushyingo 2025 n’uku kwezi ku Kuboza 2025 turimo. Bavuga ko ibi bihe by’inzara n’ubukene byatumye haduka ingeso z’ubujura zidasanzwe bityo ubujura bugakwira hose.

Mu byumweru bishize, abaturage benshi bavuga ko bibwe amatungo atandukanye arimo ihene, inka, ingurube n’inkoko. Hari abavuga ko iyo baryamye babyuka bagasanga amatungo yabo yibwe, ikibazo bafite n'uko nta n’umwe ucyekwa cyangwa ngo afatwa.

Umwe mu baturage yagize ati: “Twibwe ihene ebyiri mu ijoro rimwe, kugeza ubu ntituramenya uwazitwaye. Ibi byaha bikomeje kuduca intege kuko ntitugifite icyizere cy’umutekano w’ibyacu.”

Uretse abaturage ku giti cyabo, n’ibigo by’amashuri ntibyorohewe n’iki kibazo cy’ubujura. Ikigo cy’amashuri cya GS NTETE giherereye muri aka gace na cyo cyibwe n’abajura bataramenyekana.

Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iri shuri, abajura batwaye ibiryo by’abanyeshuri birimo imiceri ibiro magana ane (400kg), ibishyimbo ibiro magana abiri (200kg), ndetse n’amabido arindwi (7) y’amavuta yo guteka, n’ibindi bikoresho byabonetse byajugunywe inyuma.

Hari n’abandi bajura bagerageje kwiba iri shuri mu bundi buryo, bashaka kwitwarira ibitoki, ariko nabo barateshwa. Gusa, n’ubwo ibi byaha byabaye inshuro nyinshi, kugeza ubu nta mujura n’umwe urafatwa cyangwa ngo akurikiranwe ku byabaye muri GS NTETE

Iduka bashakaga kwiba

Bamwe mu baturage bavuga ko n’ubwo ikibazo cy’ubujura gikomeje, Ubuyobozi bukomeje kwaka amafaranga y’irondo ry’umwuga bibaza niba koko iryo rondo niba rirarwa cyangwa niba biba bagiye kuryama.

Abaturage bagaruka ku gitekerezo cyo kwicungira umutekano, aho basaba ko hashyirwaho ingamba zirambye zirimo irondo rikora neza kandi bikagenzurwa, gukorana n’inzego z’umutekano, ndetse no gukangurira abaturage gutangira amakuru ku gihe.

 Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, kugeza ubu ntacyo buratangaza kuri iki kibazo cy’ubujura gikomeje kuvugwa muri Kiramuruzi, by’umwihariko ku byabereye mu Mudugudu wa Gasave n’ahandi. Ibi byatumye bamwe mu baturage bavuga ko bumva basigaye mu gihirahiro, bakeneye ibisobanuro n’ingamba zifatika. IMIHIGO NEWS yagerageje kuvugana n’inzego bireba kugira ngo zitange ibisobanuro, ariko kugeza ubu nta gisubizo kiraboneka.

N’ubwo amakuru yatanzwe n’abaturage agaragaza ko ikibazo cy’ubujura gikomeje gufata indi ntera mu Murenge wa Kiramuruzi, ni ngombwa ko hatangwa umwanya uhagije w’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze kugira ngo zitange ibisobanuro ku byabaye no ku ngamba ziri gutegurwa. Kugeza ubu, nta makuru yemejwe ku mugaragaro aragaragaza uwaba akekwaho ibi byaha, kandi amategeko agenga ibi ateganya ko umuntu afatwa nk’umwere kugeza igihe icyaha kimuhamye.

Abaturage basabwa gukomeza gukorana n’inzego zibishinzwe, batanga amakuru ku gihe kandi birinda kwihanira, mu gihe inzego z’umutekano zisabwa kongera ingufu mu gukumira no gukurikirana ibyaha by’ubujura, cyane cyane mu bihe by’inzara bikunze gutuma ibyaha byiyongera. IMIHIGO NEWS izakomeza gukurikirana iki kibazo, itange umwanya ku mpande zose bireba, Tunabamenyeshe byahafi.

 Ibyabereye mu ijoro ryo ku wa 16 Ukuboza 2025 mu Murenge wa Kiramuruzi, aho iduka rya Muhawenimana Valens ryateshejwe kwibwa, byerekana ko ikibazo cy’ubujura gikomeje kuba ingorabahizi mu Karere ka Gatsibo. N’ubwo hari aho byagize amahirwe bikateshwa, hari n’aho byateje igihombo gikomeye ku baturage no ku bigo by’amashuri.

Abaturage basaba ko hafatwa ingamba zihamye zo gukumira ubujura, harimo kongera umutekano, gufata no gukurikirana abakora ibi byaha, ndetse no kongera ubufatanye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano. Mu gihe ibyo bitarashyirwa mu bikorwa, hari impungenge ko ubujura bushobora gukomeza gufata indi ntera muri aka gace.


IMIHIGO NEWS| Imihigonews.rw


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153