![]() |
| DHS7 bugaragaza izamuka ry’inda ziterwa abangavu n’intambwe mu buzima rusange bw’Abanyarwanda |
Ubushakashatsi bwa karindwi ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda (DHS7) bwerekanye ko inda ziterwa abangavu bari hagati y’imyaka 15 na 19 ziyongereye ku kigero cya 3% mu myaka itanu ishize, ziva kuri 5% mu 2020 zigera kuri 8% mu 2025. Iyi mibare yateje impungenge inzego z’ubuzima, mu gihe hari n’izindi ntambwe zigaragara mu kugabanya impfu z’ababyeyi n’abana, igwingira ndetse n’uburumbuke.
Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda
(Demographic and Health Survey – DHS7) bwamuritswe ku mugaragaro kuri uyu wa
Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025 n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR).
Ubu bushakashatsi bukorwa buri myaka itanu, bugamije gupima no gusesengura
ishusho rusange y’imibereho n’ubuzima bw’Abanyarwanda, burimo ibipimo
by’ingenzi nk’igwingira mu bana, uburumbuke, kuboneza urubyaro, ubuzima
bw’ababyeyi n’abana, serivisi z’ubuzima n’ubumenyi ku ndwara zitandukanye
zirimo n’ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Amakuru yakusanyijwe hagati ya tariki ya 05 Kamena na 25
Ukwakira 2025, agaragaza ko mu ngeri nyinshi u Rwanda rukomeje gutera intambwe
ishimishije, nubwo hari ibibazo bikomeje kugaragara cyane cyane iby’inda
ziterwa abangavu.
Inda ziterwa abangavu: ikibazo gikomeje guteza
impungenge
Imwe mu mibare yagarutsweho cyane muri DHS7 ni iy’izamuka
ry’inda ziterwa abangavu. Ubushakashatsi bwerekanye ko mu 2025 abangavu bari
hagati y’imyaka 15 na 19 batewe inda bageze kuri 8%, bavuye kuri 5% mu 2020,
bivuze izamuka rya 3% mu gihe cy’imyaka itanu gusa.
Iyo mibare irushaho kugaragaza itandukaniro rishingiye ku rwego
rw’uburezi. Mu bangavu batewe inda, abatarigeze biga ni 21%, abize amashuri
abanza gusa ni 13%, mu gihe abageze mu mashuri yisumbuye ari 4%. Ibi bigaragaza
ko uburezi bugira uruhare runini mu kugabanya inda ziterwa abangavu.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko izi
mpinduka ziteye inkeke zikwiye kwitabwaho byihuse kuko zigira ingaruka zikomeye
ku buzima bw’umwana n’umubyeyi.
Ati: “Umwana ubyaye akiri muto akenshi imibare yerekana ko ari ho havamo
abana bavuka batagejeje igihe, ndetse na ba nyina bakagira ibibazo bikomeye mu
gihe cyo kubyara.”
Yakomeje asobanura ko inda ziterwa abangavu zifitanye isano
n’ikibazo cy’igwingira.
Ati: “Mu mibare dufite, abana benshi bagwingira akenshi baba baturuka ku
babyeyi batabyariye ku gihe. Ibi bigaragaza ko iki ari ikibazo kigomba guhabwa
umwanya munini mu politiki z’ubuzima.”
Minisitiri w’Ubuzima yongeyeho ko inda ziterwa abangavu zigira
uruhare mu mibare y’impfu z’abana bavuka n’ababyeyi, aho yavuze ko muri uru
rwego nta mpinduka nziza zigaragara uko bikwiye, bityo bikaba ari ahantu
hakwiye kwibandwaho mu myaka iri imbere.
Igwingira mu bana: hari intambwe ariko urugendo
ruracyari rurerure
N'ubwo ikibazo cy’inda ziterwa abangavu gikomeje kwiyongera, DHS7
igaragaza ko mu myaka itanu ishize hari intambwe yatewe mu kugabanya igwingira
mu bana bari munsi y’imyaka itanu. Muri rusange, igwingira ryagabanutseho 6%.
Mu 2025, igipimo cy’igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu
cyageze kuri 27% ku rwego rw’igihugu. Nubwo ari intambwe ugereranyije n’imyaka
ishize, iyi mibare iracyerekana ko igwingira rikiri ikibazo gikomeye cyane
cyane mu turere tumwe na tumwe.
Uturere twagaragayemo igwingira ku kigero kiri hejuru ni Gicumbi
ifite 38,8%, Burera ifite 37,6% na Ngororero ifite 35,5%. Mu karere ka
Ngororero, igwingira ryagabanutse riva kuri 50,5% mu 2020, bigaragaza ko hari
ingamba zatangiye gutanga umusaruro, nubwo hakiri urugendo rurerure.
DHS7 igaragaza ko igipimo cy’uburumbuke mu Banyarwandakazi
cyakomeje kugabanuka. Mu 2025, umugore w’Umunyarwanda abyara impuzandengo
y’abana 3,7, avuye kuri 4,1 mu 2020.
Iyi mibare itandukana bitewe n’uturere tw’igihugu. Umugore wo mu
Ntara y’Iburasirazuba abarirwa abana 4, mu Majyepfo ni 3,9, mu Majyaruguru ni
3,8, mu Burengerazuba ni 3,4, mu gihe mu Mujyi wa Kigali ari 3,1. Ibi byerekana
ko imibereho yo mu mijyi, uburezi n’ikoreshwa rya serivisi zo kuboneza urubyaro
bigira uruhare runini mu kugabanya uburumbuke.
Mu bijyanye na serivisi z’ubuzima, ubushakashatsi bwerekanye ko
abagore 98% babyarira kwa muganga kandi bakitabwaho n’abaganga babifitiye
ubushobozi, bavuye kuri 95% mu 2020. Ibi bigaragaza iterambere rikomeye mu
kubona serivisi z’ubuzima bwiza.
Mu myaka itanu ishize, impfu z’ababyeyi bapfa babyara
zagabanutse ku kigero kigaragara. Zavuye ku babyeyi 203 bapfa mu 100.000 mu
2020, zigera ku 149 mu 2025. Iyi ni intambwe ishimishije mu rugamba rwo
kurengera ubuzima bw’abagore.
Naho ku mpfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu, zagabanutse ziva
kuri 45 mu bana 1.000 mu 2020, zigera kuri 36 mu 2025. Abana bapfa bavuka
bagabanutse bava kuri 33 bagera kuri 27 mu bana 1.000, mu gihe abapfa bamaze
amezi make bavutse bavuye kuri 19 bagera kuri 17.
Inkingo n’ubuvuzi bw’ibanze
Ku bijyanye n’inkingo, DHS7 igaragaza ko abana bahabwa inkingo
zose z’ibanze bavuye kuri 96% mu 2020 bagera kuri 94% mu 2025. Mu mijyi, iki
gipimo kiri kuri 93% mu gihe mu cyaro kiri kuri 95%.
Abana bahabwa inkingo zose nk’uko biteganywa n’inzego z’ubuzima
mu Rwanda bari kuri 82%, aho mu mijyi ari 85% naho mu cyaro bakaba 80%. Ibi
byerekana ko hakiri icyuho gikeneye kwitabwaho, cyane cyane mu byaro.
Abayobozi bagaragaza icyerekezo
Umuyobozi Mukuru wa NISR, Ivan Murenzi, yavuze ko amakuru
akubiye muri DHS7 agaragaza ko u Rwanda rukomeje gutera intambwe mu ngeri
nyinshi z’ubuzima n’imibereho.
Ati: “Hari intego igihugu na Leta baba bafite, natwe nk’Ikigo gishinzwe
Ibarurishamibare tukabafasha kureba aho tugeze n’ibisabwa kugira ngo tugere ku
ntego ziri imbere.”
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko ubu
bushakashatsi ari gihamya y’ireme ry’imibereho y’Abanyarwanda n’icyerekezo
cy’igihugu binyuze muri Gahunda y’Igihugu y’Iterambere (NST2).
Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bizakomeza kuba ishingiro ryo
gutegura politiki n’ingamba zigamije guteza imbere imibereho myiza
y’Abanyarwanda no kugera ku ntego z’iterambere rirambye.
IMIHIGO NEWS | imihigonews.rw


0 Comments
Imihigonews