-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Deadline yo Gusaba Buruse Yegereje: Urubyiruko rw’u Rwanda Rurahamagarirwa Gukoresha Aya Mahirwe(KSP RWANDA)



Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere urubyiruko rufite ubumenyi n’ubushobozi bwo kwihangira imirimo, haributswa urubyiruko rw’u Rwanda rwujuje ibisabwa ko igihe ntarengwa cyo kohereza ubusabe bwo kwitabira aya mahirwe cyegereje.

Abategura iki gikorwa bagaragaje ko tariki ya 31 Ukuboza 2025 ari yo ntarengwa yo kohereza ubusabe (application deadline), basaba urubyiruko kwihutira gusaba kugira ngo rutazacikanwa n’aya mahirwe agamije kuzamura ubushobozi bwarwo no kurufasha gutanga umusanzu ugaragara mu iterambere rirambye ry’igihugu.

Aya mahirwe agamije gufasha urubyiruko kubona amahugurwa ajyanye no kwihangira imirimo, kongera ubumenyi mu guhanga no guteza imbere imishinga itanga akazi, ndetse no kubafasha gushyira mu bikorwa ibitekerezo byabo by’ubucuruzi bishobora guteza imbere ubukungu no gutanga imirimo mishya.

Abategura iki gikorwa bashimangira ko uru rubyiruko ruzitabira ruzahabwa ubumenyi n’ubufasha bukenewe mu kwihangira imirimo, bityo rukabasha kuba umusemburo w’iterambere mu midugudu n’igihugu muri rusange.

Urubyiruko rwifuza gusaba aya mahirwe rusabwa gusura uru rubuga rwabugenewe rukuzuza ifishi yo gusaba binyuze kuri iyi link ikurikira:

🔗 https://mis.ksp.rw/application

Basabye kandi urubyiruko kutazakererwa, kuko ubusabe buzahagarikwa ku munsi ntarengwa wavuzwe, kandi nta busabe buzemerwa nyuma y’iyo tariki.

 


IMIHIGO NEWS | imihigonews.rw

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153