Ibikorwaremezo bishya bitegerejweho kugabanya igihombo no kongera agaciro ku musaruro w’abahinzi
![]() |
| Koperative y'abahinzi b'ibigori yatashye imashini yumisha imyaka yatanzwe kubufatanya na Agri Terra rwanda (Ngoma photo) |
Sosiyete Ngoma Out Grower Service Ltd (NOSC Ltd), ku bufatanye n’Ubuyobozi
bw’Akarere ka Ngoma na AGRI-TERRA Rwanda, yatashye imashini yumisha imyaka
n’aho gutunganyiriza ifumbire bigamije gufasha abahinzi b’ibigori na soya
kugabanya igihombo, kongera agaciro ku musaruro no kubona isoko rinoze.
Mu Karere ka Ngoma, Sosiyete y’Ishoramari ry’Amakoperative
ahinga ibigori na soya, Ngoma Out Grower Service Ltd (NOSC Ltd), ku
bufatanye n’Ubuyobozi bw’Akarere ka
Ngoma n’umufatanyabikorwa AGRI-TERRA Rwanda, yatashye ku mugaragaro
ibikorwaremezo bigamije gufata neza umusaruro w’ubuhinzi no kuwongerera
agaciro.
Ibi bikorwaremezo birimo imashini yumisha
imyaka ndetse n’aho gutunganyiriza ifumbire, bikaba byitezweho gufasha
abahinzi kugabanya igihombo gituruka ku kwangirika kw’imyaka nyuma yo gusarura,
kongera umusaruro ubona isoko rinoze no kuzamura inyungu z’abahinzi bibumbiye
mu makoperative.
Igikorwa cyo gutaha ibi bikorwaremezo cyitabiriwe n’Umuyobozi
w’Akarere ka Ngoma, Madamu Niyonagira Nathalie, Umunyamabanga w’Inama Njyanama
y’Akarere, Madamu Musabwasoni Sandra, abagize inzego z’umutekano,
abayobozi batandukanye, abahagarariye amakoperative ahinga ibigori na soya,
abafatanyabikorwa barimo AGRI-TERRA, ndetse n’abahinzi bo mu Karere ka
Ngoma.
Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma yashimye uruhare
rwa NOSC Ltd n’abafatanyabikorwa bayo mu guteza imbere ubuhinzi,
agaragaza ko ibi bikorwaremezo bigiye gukemura bimwe mu bibazo byari bimaze
igihe bihangayikishije abahinzi, cyane cyane ibijyanye no gufata neza umusaruro
nyuma yo gusarura.
Yagize ati:“Ibi bikorwaremezo ni igisubizo gifatika ku bibazo
by’abahinzi bacu. Bizabafasha gufata neza umusaruro wabo, kongera agaciro ku
bihingwa byabo no kubona isoko rinoze. Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma buzakomeza
gushyigikira imishinga igamije guteza imbere ubuhinzi burambye no kuzamura
imibereho y’abaturage.”
Abafatanyabikorwa, barimo AGRI-TERRA Rwanda, bagarutse ku
kamaro k’ubu bufatanye mu kongerera abahinzi ubumenyi, ibikorwaremezo
n’ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo by’isoko n’imihindagurikire
y’ikirere.
Basabye abahinzi gukoresha neza ibi bikorwaremezo bahawe,
kubifata neza no gukomeza gukorera hamwe mu makoperative, kugira ngo
barusheho kubona umusaruro mwinshi, wujuje ubuziranenge kandi ushobora
guhangana ku masoko.
Igikorwa cyo gutaha imashini yumisha imyaka n’aho gutunganyiriza
ifumbire kigaragaza intambwe ikomeye mu guteza imbere ubuhinzi mu Karere ka
Ngoma, aho abahinzi biteze ko izi nyubako zizabafasha kugabanya igihombo,
kongera umusaruro no kuzamura imibereho yabo binyuze mu buhinzi bufite
agaciro.
IMIHIGO NEWS | With the best news



0 Comments
Imihigonews