-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye Abanyarwanda mu birori bisoza umwaka wa 2025



Perezida Kagame yashimiye Abanyarwanda ku ruhare rwabo mu iterambere n’umutekano by’igihugu.Perezida Paul Kagame afatanyije na Madamu Jeannette Kagame bakiriye Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu birori bisoza umwaka byabereye muri Kigali Convention Centre, bashima uruhare rw’abaturage mu mutekano n’iterambere by’igihugu ndetse basaba rubyiruko gukoresha neza imbaraga rufite mu kwiyubaka no kubaka u Rwanda.

Ku mugoroba wo ku wa 29 Ukuboza 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame afatanyije na Madamu we (Madamu Jeannette Kagame) bakiriye abantu b’ingeri zitandukanye mu birori byo gusoza umwaka byabereye muri Kigali Convention Centre, hagamijwe kwishimira intambwe u Rwanda rwateye mu mwaka wa 2025.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rwakomeje gutera imbere mu myaka ishize, agaragaza ko umwaka wa 2023 warangiye neza, uwa 2024 nawo ukagenda neza, naho uwa 2025 ukaba warabaye uwo kwishimira.

Ati:“N’uyu wa 2025 twawugenje gutyo. Twawukozemo byinshi, twageze kuri byinshi, uyu mwanya ni uwo kubyishimira.”

Abanyarwanda ni bo soko y’ibyo igihugu kigeraho

Perezida Kagame yashimye uruhare rwa buri Munyarwanda mu iterambere ry’igihugu, avuga ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho bishingiye ku bufatanye n’umurimo w’abaturage barwo.

Ati:“Ndabashimira mwebwe muri hano n’abandi Banyarwanda batashoboye kugera hano, ndagira ngo babyumve ko turi kumwe nabo n’ubwo turi aha turi bake, turi kumwe nabo aho bari hose.”

Umukuru w’Igihugu yagarutse ku kamaro k’umutekano mu gutuma igihugu gitekana kandi kigatera imbere, avuga ko Abanyarwanda ubu bakwiriye kuryamira igihe bakagira n’umwanya wo gukora no gutanga umusaruro.

Ati:“Uwo mutekano ndawushimira abaturage navuze batari hano, bari mu gihugu hose hirya no hino, uruhare bawugiramo ni runini cyane.”

Yashimiye by’umwihariko Ingabo z’Igihugu n’inzego z’umutekano, abasore n’inkumi “barara ijoro n’amanywa bagatanga ubuzima bwabo kugira ngo ubw’abandi bukomeze”.

Perezida Kagame yagaragaje ko Leta y’u Rwanda ikomeza kwifatanya n’imiryango y’abasirikare bari mu butumwa butandukanye ndetse n’abaguye ku rugamba.

Ati:“Ndagira ngo mbabwire ko iyo miryango itari yonyine, turi kumwe nayo buri munsi.”

Yagarutse ku rubyiruko nk’inkingi y’ejo hazaza h’igihugu, agaragaza ko abarenga 75% by’Abanyarwanda bari munsi y’imyaka 30, abasaba gukoresha neza izo mbaraga bafite.

Ati:“Izo ni imbaraga nyinshi cyane. Izo mbaraga tugomba kuzigiramo umuco, ibikorwa byiza. Kugira ngo mwiyubake ari nako mwubaka u Rwanda. Ntimushobora kubaka u Rwanda mutabashije kwiyubaka.”

Ibirori byo gusoza umwaka wa 2025 byitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye, barimo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda, bateraniye hamwe mu rwego rwo kwizihiza umwaka waranzwe n’iterambere, umutekano n’ubufatanye.



IMIHIGO NEWS | With in the best News


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153