Se wabo w’uyu musore yatawe muri yombi, RIB ivuga ko iperereza rikomejengo hamenyekane ukuri ku rupfu rwe.
Ngoma, 29 Ukuboza 2025 Umusore w’imyaka 22 wo mu Murenge wa
Gashanda, Akarere ka Ngoma, birakekwa ko yishwe n’inkoni za se wabo, nyuma
y’amakimbirane ashingiye ku nzoga zavuzwe ko zafatiwe mu rwina, mu gihe
iperereza rya RIB rikomeje ngo hamenyekane icyabaye mu by’ukuri.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gisenyi, Akagari ka Mutsindo,
Umurenge wa Gashanda. Amakuru aturuka ku baturage n’ubuyobozi agaragaza ko uyu
musore yakubiswe ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 28 Ukuboza 2025, umurambo
we ukaza kuboneka ku wa Mbere n'ijoro tariki ya 29 Ukuboza 2025, wajugunywe mu
ishyamba riri hafi y’aho byabereye.
Nyuma y’ayo makimbirane, bivugwa ko uyu musore yahise apfa, maze
umurambo we ujugunywa mu ishyamba, aho waje kubonwa n’abaturage bahita
babimenyesha inzego z’ibanze n’iz’umutekano.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashanda, Ngenda
Mathias, yabwiye itangazamakuru ko se wabo w’uyu musore yemereye ubuyobozi ko
inzoga yari yarataze mu rwina zibwe, ariko ko nta bimenyetso bifatika
bigaragaza uwaba yazibye.
Ati:“Yemeye ko inzoga zibwe mu rwina, ariko nta muntu yabonye
wazibye cyangwa ngo agire ibimenyetso by’uko ari uyu musore wazibye.”
Gitifu Ngenda yakomeje avuga ko umurambo wabonetse mu ishyamba
nyuma y’uko abaturage babimenyesheje ubuyobozi, bakavuga ko bakeka ko uyu
musore yaba yarishwe n’inkoni za se wabo.
Yakomeje agira ati:“Twakoranye inama n’abaturage tubibutsa ko
kwihanira atari byo. Abakekwa ni se wabo, amakimbirane yabo yari ashingiye ku
bibazo byo mu muryango. Yafashwe ubu ari kubazwa na RIB, ukuri kuzamenyekana
nyuma y’iperereza.”
Ubuyobozi bw’Umurenge bwemeje ko se wabo wa nyakwigendera yahise
atabwa muri yombi, afungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Kibungo, mu gihe iperereza
rikomeje.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gashanda bwahamagariye abaturage
kwirinda kwihanira no gukemura amakimbirane bifashishije inzego zemewe,
bubibutsa ko guha agaciro ubuzima bwa muntu ari inshingano ya buri wese.
Ati:“Kirazira kwihanira. Niba hari ikibazo mu muryango, hari
inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zakwifashishwa ikibazo kigakemuka mu mahoro.
Turasaba buri muntu wese guha agaciro mugenzi we.”
RIB yatangaje ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri
ku rupfu rw’uyu musore, n'ubwo uwukekwaho icyaha afunzwe by’agateganyo.
.jpg)
0 Comments
Imihigonews