Bamwe mu baturage bahawe igihano nsimburagifungo n’Inkiko baravuga ko iyi gahunda ibafasha gukomeza kuba mu muryango, gukora imirimo ibateza imbere no kwihutisha iterambere ry’ingo zabo.
Mu gihe imirimo y’inyungu rusange ikomeje gushyirwa mu
bikorwa hirya no hino mu gihugu, bamwe mu bayikora bavuga ko ari igihano cyiza
kiborohereza gukosora amakosa yabo batari mu magororero. Ibi babisabye nyuma
y’itangizwa ry’iyi mirimo ku mugaragaro kuri uyu wa Gatandatu mu Karere ka
Nyagatare.
Abakora imirimo y’inyungu rusange bavuga ko ibateza
imbere
MUKAPASIKA Rusi, wahamijwe icyaha agakatirwa amezi atandatu
y’igifungo, yagizwe umwe mu bakora imirimo y’inyungu rusange aho gufungwa.
Avuga ko ari amahirwe akomeye kuko bimufasha gukomeza kwita ku muryango we.
Yagize ati: “Kuba ntajya muri gereza ni ikintu kinshimisha. Nkora imirimo
nkataha nkamenya uko abana biriwe, nkabashakira ibibatunga, ubuzima
bugakomeza.”
“Indi minsi nkora ubucuruzi bwanjye, bikamfasha gukomeza kwiteza imbere. Ni
igihano ariko kiroroshya ubuzima kurusha gufungwa.”
Ati: “Dukora iminsi itatu, indi tukikorera. Ushobora gutembera, ukajya aho
ushaka uko utavuze amategeko. Ni nk’uburyo bwo gukosora umuntu adahungabanyije
ubuzima bwe bwose.”
Yagize ati: “Barakora muri gahunda zo kugaburira abana ku ishuri, guhinga
imboga, ndetse no kubakira abatishoboye. Ibi bikorwa byari gutwara ingengo
y’imari ariko ubu baradufasha cyane.”
Ati: “Iki gihano kirabafasha kwikosora kandi bikaruta kubashyira mu
magereza. Mukora mutaha mu miryango yanyu, mukayitaho. Ariko mugomba kubahiriza
iminsi itatu yo gukora no kwirinda kongera gukora ibyaha.”
Yakomeje avuga ko iminsi itatu akora imirimo y’inyungu rusange itamubuza gukora indi mirimo imwinjiriza:
Abandi nabo bashimangira ko bitandukanye no gufungwa
MUGISHA Alex wo mu Murenge wa Tabagwe, nawe uri kurangiza
igihano cye mu mirimo y’inyungu rusange, yavuze ko iki gihano gitandukanye
cyane no gufungirwa mu Igororero.
Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko bifasha iterambere
MUREKATETE Juliet, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare
Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza, yavuze ko abarangiza ibi bihano bafite
uruhare runini mu bikorwa bigamije gufasha abaturage.
RCS isaba abarangiza ibihano kwitwararika no kwirinda
ibyaha
CG EVALISTE Murenzi, Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe
Igorora (RCS), yashimye uko iyi gahunda irimo gutanga umusaruro. Yibukije
abaciwe ibihano nsimburagifungo ko bagomba kubahiriza amabwiriza.
RCS ivuga ko mu Karere ka Nyagatare hategerejwe abantu 609
bazakora iyi mirimo, mu gihe 186 bamaze gutangira.
Gahunda yo gukoresha abakatiwe igihano nsimburagifungo mu
mirimo y’inyungu rusange ikomeje kugaragaza inyungu nyinshi haba ku muntu uri
kurangiza igihano, ku muryango we ndetse no ku miyoborere y’igihugu. Ni uburyo
bw’ubutabera bunoze butuma uwakoze icyaha yikosora adahungabanyije ubuzima bwe
n’iterambere ry’umuryango we.


0 Comments
Imihigonews