-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

KSP RWANDA YARASESENGUYE IMPANO Z’URUBYIRUKO: Abanyeshuri 50 Berekanye Ko Umwuga Atari Amahitamo ya Kabiri, Ari Inzira y’intsinzi


Mu gikorwa cya Project Presentation (Defence) cyabaye ku wa 23 Ukuboza 2025, abanyeshuri barangije amahugurwa y’igihe gito muri KSP RWANDA berekanye ubumenyi buhamye mu myuga itandukanye, banahabwa ubutumwa bukangurira urubyiruko kudatesha agaciro impano n’imyuga.

Ku wa 23/12/2025, ku cyicaro cya KSP RWANDA Training Center giherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Muhima, habereye igikorwa cyihariye cyiswe Project Presentation (Defence), aho abanyeshuri 50 basoje amahugurwa y’igihe gito bamuritse imishinga yakozwe mu byumweru bya nyuma by’amasomo, ari na cyo kizamini cya nyuma kibategurira kwinjira ku isoko ry’umurimo.

Abanyeshuri bakoze defence bari barangije amahugurwa yamaze hagati y’amezi atatu (3) n’amezi icyenda (9), mu byiciro bitandukanye birimo Filmmaking and Video Production, Photography and Graphic Design, CCTV Camera Installation, Multimedia Production, ndetse n’andi masomo ajyanye n’ikoranabuhanga n’itangazamakuru.

Mu buhamya bwatanzwe n’abanyeshuri basoje aya masomo, hagarutswe ku kamaro ko kumenya icyo umuntu ashoboye no kugishyiramo imbaraga aho gucika intege. Nikuze Joselyne, umwe mu basoje amahugurwa mu ishami rya Filmmaking and Video Production, yavuze ko kwiga umwuga bisaba umutima wo kurwana no kwizera inzozi za ny’irubwite. Yagize ati:“Dukwiye kwita ku kintu dushoboye. Umuntu ufite inzozi ntakwiye gucika intege. Utakira muri ksp Rwanda & Training center arahomba, kuko burya akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze. Twagize amahirwe yo kubona ishuri n’abarezi beza, none kuki tutayabyaza umusaruro ngo tujye guhangana ku isoko ry’umurimo, Ndetse no guhanga udushya?

Ku rundi ruhande, Niyiduha Didace, wasoje amahugurwa mu ishami rya CCTV Camera Installation, yavuze ko urugendo rwe rwatangijwe n’icyemezo cyo kwiga imyuga n’ubumenyingiro afite intego isobanutse. Yagize ati:“Inama nagira urubyiruko ni ukugira umwete, ukajya mu kintu wagishyizemo umutima n’intego. Iyo ugiye mu masomo nta cyerekezo ufite, ntacyo wageraho. Kumvira amabwiriza, gukurikira amasomo no gukora ubushakashatsi ni byo byatumye ngira aho ngera.”

Bwana Saleh UWIMANA Umuyobozi wa KSP Rwanda

Mu ijambo rye, Umuyobozi wa KSP RWANDA and Training Center, Bwana Saleh UWIMANA, yashimiye abanyeshuri bose bagize ubutwari bwo gusoza amahugurwa, by’umwihariko abitwaye neza. Yabasabye kuzaba abambasaderi beza b’ikigo aho bagiye hose, bagaharanira guhanga udushya no kwihangira imirimo. Yanamenyesheje ko mu kwezi kwa Gashyantare umwaka utaha wa 2026 hateganyijwe ibikorwa bya Graduation ku banyeshuri bose bahuguwe mu mwaka wa 2024–2025.

Yagize ati:“Muri KSP RWANDA ntidusumbanya abanyeshuri. Uko waba uri kose n’aho waturutse hose, duha amahirwe kuri bose. Ubu ntituzajya turangiriza kuri defance gusa, ahubwo tuzajya tunategura ibirori bya graduation, kuko ni intambwe ikomeye mu rugendo rw’umunyeshuri.”

Yakomeje anenga imyumvire ikiri mu rubyiruko isuzugura amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, agaragaza ko gutsindwa akenshi biterwa no kubura icyizere no kudaha agaciro ubumenyi umuntu ahabwa. Yasabye ababyeyi n’abashoramari kwigirira icyizere abarangije muri KSP RWANDA & Training center, agaragaza ko biteguye ku isoko ry’umurimo ku gipimo cyo hejuru.

NIYIDUHA Didace Umunyeshuri wahize abandi mu manota KSP Rwanda&Training Center

Muri iki gikorwa kandi hatanzwe ibihembo, aho Niyiduha Didace yahembwe nk’Umunyeshuri wahize abandi mu manota n’amanota 92% mu ishami rya CCTV Camera Installation, mu gihe Nikuze Joselyne yahembwe nk’uwakoze Project Nziza Kurusha Izindi (Best Project) mu ishami rya Filmmaking and Video Production.


Kuva KSP RWANDA & Training Center yatangiza ibikorwa byayo mu mwaka wa 2021, imaze guhugura abarenga 3000 mu byiciro bitandukanye by’imyuga n’ubumenyingiro, benshi muri bo bakaba barahise binjira ku isoko ry’umurimo abandi bakihangira imirimo. Ibi bigaragaza ko imyuga itagomba gufatwa nk’inzira y’abananiwe, ahubwo ari umusingi ukomeye w’iterambere rirambye n’ejo hazaza h’urubyiruko rw’u Rwanda.


Ifoto y'Urwibutso,Umuyobozi,Abarimu n'abanyeshuri bahawe ibihembo

IMIHIGO NEWS

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153