-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Nyamasheke: Imiryango irenga 2500 yarumbije imyaka kubera izuba ryacanye mu Ugushyingo


Izuba ryinshi ryibasiye imirenge itandatu ryatumye abahinzi batakaza umusaruro, ubuyobozi busaba ko abatishoboye bazagobokwa igihe cy’isarura.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwatangaje ko imibare y’agateganyo igaragaza ko imiryango irenga 2500 yarumbije imyaka kubera izuba ryacanye mu kwezi kwa Ugushyingo 2025, ntihagire imvura igwa, bikaba byagaragaye mu mirenge itandatu igize aka Karere, ahiganjemo Umurenge wa Nyabitekeri.

Ibi byatangajwe ku wa 23 Ukuboza 2025, ubwo Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, n’abandi bayobozi bo mu nzego zitandukanye basuraga Umurenge wa Nyabitekeri, umwe mu mirenge wagizweho ingaruka zikomeye n’izuba ryangije imyaka y’abaturage, bigateza impungenge z’inzara n’ubukene mu bice byibasiwe.

Ikibazo cy’izuba ryangije imyaka cyagaragaye mu mirenge itandatu muri 15 igize Akarere ka Nyamasheke, ariyo Nyabitekeri, Kagano, Bushenge, Gihombo, Mahembe na Kilimbi. Abaturage bavuga ko imvura y’umuhindo yatinze, maze igwa imyaka igeze igihe cyo kurabya, izuba riba ryinshi bituma iyo myaka yumira mu mirima.

Dusengimana Jean Claude, wo mu Murenge wa Nyabitekeri, wari wahinze ibishyimbo n’ibigori kuri ARE 45, avuga ko yari yiteze kweza toni eshatu z’ibigori n’ibilo 360 by’ibishyimbo, ariko Ugushyingo kose kurangira nta mvura iguye.

Yagize ati:“Ibishyimbo byarumye bishiramo utugori turi kuturandura tujya kutugaburira amatungo. Aho nezaga toni eshatu z’ibigori n’ibilo 360 by’ibishyimbo, nta n’ibilo 30 nzakuramo. Turasaba Leta ko yadutabara kuko turashonje.”

Abaturage ba Nyabitekeri bageze mu myaka irenga 70 y’amavuko bavuga ko kuva babaho ari bwo bwa mbere bahuye n’ikiza cy’izuba cyangiza imyaka ku rwego rwo hejuru gutya.

Ku rundi ruhande, Batamuriza Angelique, wo mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, wari wahinze ibishyimbo bihemberwa, avuga ko yari yiteze kweza ibilo 120 ariko izuba riza igihe cyo kurabya bigatuma ururabyo ruhunguka.

Ati:“None nta n’ibilo 20 nzakuramo. Turasaba Leta kudufasha kugira ngo tutazicwa n’inzara.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko imiryango yahuye n’ingaruka z’izuba muri Nyamasheke yamaze kubarurwa, asaba ko n’utundi turere dukora iyo mibare hagamijwe gutegura ubufasha ku bazagira ikibazo cy’ibiribwa.

Yagize ati:“Twasabye ko basubira mu mibare bakagaragaza imiryango izagira ikibazo gikomeye, kugira ngo mu gihe abandi bazaba basarura, bo tuzashake uko bagobokwa.”

Imibare y’agateganyo igaragaza ko imiryango irenga 2500 yahuye n’iki kibazo, harimo 1424 yo mu Murenge wa Nyabitekeri. Ni imibare ishobora guhinduka kuko guhera tariki ya 13 Ukuboza 2025, imvura yatangiye kugwa mu bice byari byarayibuze, nubwo ku bahinze nyuma imyaka yabo yari imaze kwangirika.

Iki kibazo cy’izuba ryinshi kigaragaza uko impinduka z’ikirere zikomeje kugira ingaruka zikomeye ku buhinzi, cyane cyane ku bahinzi b’abatishoboye bashingira ku mvura. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) imaze iminsi igaragaza ko amapfa ari kwiyongera mu bice bimwe by’igihugu kubera ihindagurika ry’ibihe, isaba inzego z’ibanze gukangurira abahinzi gukoresha uburyo bwo kuhira, guhinga imbuto zihanganira izuba no gutegura neza igihembwe cy’ihinga.

MINAGRI yanatangaje ko iri gukorana n’inzego z’ibanze mu gutegura ingamba zo gutabara imiryango izagaragaramo ikibazo cy’ibiribwa, no gushyira imbaraga mu mishinga yo guhangana n’ingaruka z’izuba n’imvura nkeya, hagamijwe kurengera umutekano w’ibiribwa n’imibereho y’abaturage.




IMIHIGO NEWS

 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153