-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Jean Paul Micomyiza woherejwe na Sweden mu Rwanda yatangiye kwiregura ahakana ibyaha bya Jenoside aregwa


Uregwa avuga ko atigeze aba Interahamwe, agaragaza ko yashakanye n’Abatutsi ndetse anerekana ifoto avuga ko atari we Ubushinjacyaha bushakaga.

Jean Paul Micomyiza alias Mico, woherejwe mu Rwanda n’igihugu cya Sweden, yatangiye kwiregura ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aregwa, abihakana byose, mu rubanza ruburanishwa n’Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rufite icyicaro i Nyanza.

Micomyiza uregwa uruhare mu bikorwa byakorewe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yabwiye urukiko ko nta ruhare yagize muri ibyo byaha, agaragaza ko mu 1994 yari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa mbere, yiga yirihira kandi ataha, bityo adafite aho ahuriye n’ibikorwa by’ubwicanyi.

Mu kwiregura kwe, Jean Paul Micomyiza yavuze ko yashinjwe kuba Interahamwe nyamara izo nterahamwe zari iz’ishyaka rya MRND, akavuga ko atari kuba Interahamwe kandi yari umunyeshuri wigiraga ku giti cye.

Yagize ati:“Sinari kuba Interahamwe ngo nige nirihira.”

Yabwiye urukiko kandi ko yari azwi cyane mu mikino irimo Volleyball, Basketball na Football, bityo kuba hari abavuga ko bamumenyaga atabona aho bishingira, kuko yari umuntu wagaragaraga mu bikorwa by’urubyiruko.

Micomyiza yemeye ko mukuru we yishwe mu 1994 azira uko yasaga, ariko avuga ko bitamugize umuntu ugirira urwango Abatutsi. Ati:“Nari kugirira urwango Abatutsi nkabashakamo? Ndetse nkababyaramo?”

Yakomeje avuga ko yigeze kugerageza kwinjira mu Nkotanyi ubwo zari zigiye gukina umupira ku Mulindi, ariko ntiyemererwe. Ati:“Iyo batansubiza inyuma simba ndi aha, wenda nari kugwa ku rugamba cyangwa nkaba ndi kubaka urwambyaye.”

Mu rukiko, Micomyiza yerekanye ifoto y’umugabo avuga ko Ubushinjacyaha bwashakaga witwa Micomyiza Jean Paul alias Mico, abaza urukiko niba uwo muntu ari we uregwa. Yavuze ko uwo bashakaga atamuzi kandi atari we uri imbere y’urukiko.

Yagize ati:“Micomyiza bagize mubi si we uri imbere yanyu.”

Micomyiza yanavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yateguwe na Leta y’icyo gihe, ariko we atari mu nzego zayo.

Ku ruhande rw’abamwunganira, Me Karuranga Salomon, umwe mu banyamategeko be, yavuze ko umukiriya we atari Interahamwe bityo atashoboraga no kuziyobora. Ati:“Ntiwayobora icyo utari cyo.”

Me Karuranga kandi yavuze ko Micomyiza atashinze bariyeri aho Kwa se Ngoga, ko irondo ryari rihari ryashinzwe na Leta, ndetse ko nta gikorwa cyo kwica ashinjwa cyigeze kimuhuriraho. Yongeyeho ko Micomyiza atigeze atunga imbunda nk’uko abishinjwa, kandi atari mu bateguye Jenoside.

Yagize ati:“Uyu mubona imbere yanyu yari umunyeshuri w’umwaka wa mbere, ntiyari intiti muri uriya mujyi w’intiti.”

Abunganira Micomyiza bashimangiye ko nubwo yari Umuhutu, na we yari mu bantu batari bishyigikiye Interahamwe, kuko na zo zishe mukuru we, ku buryo iyo na we zimubona zari kumwica.
Jean Paul Micomyiza akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaburana ahakana. Urubanza rwe rurimo kuburanishwa n’Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rufite icyicaro i Nyanza, rukaba ruteganyijwe gukomeza ku wa 11 Gashyantare 2026, igihe Ubushinjacyaha buzakomeza gusobanura impamvu z’ibirego.

 

IMIHIGO NEWS

 


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153