-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Nyabihu: Umukobwa w’imyaka 21 acumbitse ku ishuri n’umwana w’imyaka 4 nyuma yo kwirukanwa n’ababyeyi

 

Abanyeshuri biga GS MUKAMIRA

Uwimpaye Nadia, umukobwa w’imyaka 21 wiga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye muri Groupe Scolaire Mukamira mu Karere ka Nyabihu, aravuga ko yirukanwe n’ababyeyi be ubwo bamenyaga ko yatewe inda. Uyu mukobwa ubu asigaye acumbitse ku ishuri hamwe n’umwana we w’imyaka 4 ariko avuga ko akomeje gushaka uko yakomeza kwiga n’ubuzima bw’umwana we.

Uwimpaye Nadia, uvuka mu Murenge wa Mukamira mu Ntara y’Iburengerazuba, avuga ko yahuye n’ibibazo bikomeye ubwo ababyeyi be bamenyaga ko yatewe inda akiri muto. Yavuze ko kwirukanwa mu rugo iwabo byaramubabaje cyane, ndetse ko bitoroshye guhura n’ingaruka mbi z’ubuzima bw’umuntu ukiri muto, afite n’umwana we agomba kurera.

Kuva icyo gihe, Uwimpaye yagiye acumbika ku ishuri aho yiga, kandi ishuri ryamufashije kumwitaho no kumurera hamwe n’umwana we mu buryo bw’ibanze.

Umuyobozi w'ishuri rya GS MUKAMIRA

Inkuru dukesha
btnrwanda avuga ko ubwo yirukanwaga n’ababyeyi be, umwana we yari afite ukwezi n’igice gusa, ubu afite imyaka 4 kandi akomeza kuba hamwe na we ku ishuri.

Ati:"Nirukanwe na mama umbyara n’umwana ufite ukwezi n'igice none ubu umwana amaze kugira imyaka 4. Kugira ngo umubyeyi akubwire ngo mvire mu rugo biba byanyuze mu nzira ndende ariko we yavuze ko biba byanyuze muri porosesi ndende. Aba yabanje kugutuka, kugutoteza, akomeza amumbwira ati: “Dore n'ubundi wari indaya ntabwo wari ushobotse.”

Umwana w’imyaka 4 y’amavuko, ubwo Uwimpaye ari kwiga, ajya kwiga mu ishuri ry’inshuke (Gardienne) akagaruka ku ishuri aho acumbitse hamwe n’abandi bana bo hafi y’ishuri.

Abarimu ba GS MUKAMIRA

Uwimpaye yavuze ko impamvu yatumye ajya gucumbika ku ishuri yari ukugira ngo abone uburyo akomeza kwiga neza ariko aracyafite impungenge z’ahazaza hashobora kumugeza igihe azarangiza amashuri ye.

Ati:"Ibyo nkeneye by’ibanze mu buzima bwa buri munsi mbihabwa n’ishuri. Niba batetse ibi n’ibi badusigira duke wenda tuzarya ejo mu gihe ari weekend cyangwa bakadusigira ibibisi tuzateka muri weekend."

Umukobwa kandi aravuga ko abandi bakobwa benshi bagihura n’ingaruka z’inda zitateguwe bakiri bato, ndetse ko ibyabo bikomeje kwerekana uburemere bw’imibereho y’abana bafite inshingano bakiri bato.

Uwimpaye aritegura gukora ikizamini cya Leta, ariko avuga ko atazi neza aho azerekeza igihe azaba arangije amashuri, ibintu bituma agira impungenge ku hazaza h’umwana we n’ubuzima bwe bwite.


IMIHIGONEWS.RW

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153