
Mu Mudugudu wa Rwatamama, Akagari ka Rubumba mu Murenge wa
Kabare, Akarere ka Kayonza, haravugwa urupfu rw’umusore w’ikigero cy’imyaka 20
witwaga Sekamana Janvier, uzwi ku izina rya “Putin”, wapfuye nyuma yo
gukubitirwa mu kabari kari mu Sentere ya Kamarashavu.
Amakuru atangwa n’abaturage bavuga ko uyu musore yakubiswe nyuma
yo kubura amafaranga yo kwishyura ibyo yari yafashe mu kabari k’uwitwa
Manirabaruta Feridinand. Abatuye muri aka gace bavuga ko bababajwe n’urupfu
rwe, bagasaba ko abagize uruhare muri uru rupfu bagezwa imbere y’ubutabera.
Umubyeyi wa nyakwigendera yatangaje ko ababajwe n’urupfu
rw’umuhungu we, akavuga ko yakubiswe mu gihe hari n’ubuyobozi bwari hafi aho.
Avuga ko n’umuyobozi w’akagari yari ahibereye ubwo ayo makimbirane yavukaga.
Ku rundi ruhande, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa
Kabare,Bwana Djaphar Bagirigomwa, yavuze ko amakuru bafite agaragaza ko
Sekamana Janvier yazize kutumvikana n’abo bari basangiye inzoga, bikaza kuvamo
imirwano yakubitiwemo ibuye mu mutwe naho ibyo kuba yarabuze amafaranga ntabyo
azi.
Yagize ati:“Amakuru dufite ni uko habayeho kutumvikana hagati ye
n’abo bari basangiye inzoga, aza gukubitwa ibuye mu mutwe ajyanwa kwa muganga.
Naho ibyo kuba yarakubiswe n’ubuyobozi cyangwa hari uwabireberaga nta makuru
dufite abyemeza.”
Gitifu Djaphar kandi yemeje ko abantu bakekwaho kugira uruhare
muri uru rupfu bamaze gutabwa muri yombi, bakaba bari gukurikiranwa n’inzego
z’umutekano kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse.
Abaturage bo mu gace kabereyemo ibi bavuga ko bifuza ko ukuri ku
byabaye kumenyekana, kandi ababigizemo uruhare bakabihanirwa hakurikijwe
amategeko.
0 Comments
Imihigonews