-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Kigali: Umubyeyi n’abana 11 baraye mu gisambu nyuma yo gusohorwa mu nzu

Birarira mu gisambu



Mu murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, umubyeyi witwa Kansilida ufite abana 11 yaraye mu gisambu kiri iruhande rw’inzu yari amaze gusohorwamo n’ubuyobozi, mbere y’uko we ajyanwa gufungwa n’ubuyobozi bw’umurenge. Ibi byabaye mu goroba wo ku wa 27 Gashyantare 2026, aho bamwe mu bana basanzwe bakiri bato basanzwe basanzwe baryamye ku butaka mu gitondo cy’uwo munsi.

Inkuru dukesha btn yageze aho mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Gashyantare 2026, yasanze bamwe muri aba bana bagihunyiza, baryamye mu gisambu cyegeranye n’inzu bari babayemo mbere yo kuyisohorwamo. Nyina wabo, Kansilida na we yari aho arundarunda udukoresho duke yari asigaranye.

Mu kiganiro yahaye btntv,Kansilida yavuze ko ibyamubayeho byatangiye ubwo ubuyobozi bwamusenyeye inzu ngo bumushakire aho gukodesha. Avuga ko nyuma y’igihe gito acumbikiwe, mu ijoro ryakeye ubuyobozi bwongeye kugaruka bukamusohora muri iyo nzu.

Yagize ati: “Sinzi icyo bansohoreye kuko nta ntabwo nigeze mbwirwa impamvu. Sinzi na nyiirinzu nabagamo, iyo mba muzi wenda nari kumusaba akampa iminsi cyangwa nkamushakira amafaranga tukumvikana.”

Aha hantu hahoze inzu y’uyu mubyeyi, umunyamakuru yanasanze hashyizwe abashinzwe irondo. Amakuru atangwa n’abaturage baturanye n’aho avuga ko abo bashinzwe kurinda aho hantu kugira ngo uyu mubyeyi atazongera kuhagaruka ngo abe ari ho arara.

Amakuru dukesha BTN ifite ni uko nyuma y’uko Kansilida agejeje ikibazo cye ku mu itangazamakuru, yahise afatwa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Jali ajyanwa gufungwa, abana be 11 basigara mu gisambu nta muntu mukuru bari kumwe nabo.

Iki kibazo cyateye impungenge bamwe mu baturage, bibaza ku mibereho y’abo bana basigaye badafite aho kuba n’umubyeyi ubari hafi. Haribazwa kandi icyateye ifungwa ry’uyu mubyeyi n’icyo ubuyobozi buteganya ku bana basigaye.

Kugeza ubu, ntiharaboneka ibisobanuro birambuye bitanzwe n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Jali ku mpamvu z’ikorwa ry’ikorwa ryo gusohora uyu muryango no gufunga nyina w’abo bana. Imihigonews irakomeza gukurikirana iby’iyi nkuru turabibagezaho mu makuru yacu ataha.


IMIHIGONEWS.RW

 



Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153