-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

RWANDA: Abagore barenga 35.000 mu Rwanda bifungishije burundu mu kuboneza urubyaro, umubare ukomeje kwiyongera


Raporo ngarukamwaka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yiswe Statistical Year Book 2025 igaragaza ko abagore barenga 35.105 mu Rwanda bafashe umwanzuro wo kwifungisha burundu mu rwego rwo kuboneza urubyaro, aho 4.219 muri bo bifungishije muri 2024.

Imibare y’iki kigo yerekana ko gahunda zo kuboneza urubyaro mu Rwanda zikomeje kwiyongera uko imyaka ishira. Muri rusange, abakoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro bamaze kugera ku barenga miliyoni ebyiri, ugereranyije n’abagera kuri miliyoni 1,5 mu 2019. Ibi bivuze ko mu myaka itanu ishize, abantu barenga ibihumbi 492 biyongereye mu bakoresha serivisi zo kuboneza urubyaro.

Mu buryo butandukanye bukoreshwa mu Rwanda, ubwa agapira (implant) ni bwo bukunzwe cyane bukaba bukoreshwa n’abantu 879.113, barimo 212.974 batangiye kubukoresha muri 2024. Bukurikirwa n’uburyo bw’inshinge, bukoreshwa n’abantu 671.008, barimo 180.182 bashya mu mwaka wa 2024. Ibinini nabyo biracyakoreshwa cyane, aho abakoresha bageze kuri 348.291, barimo 141.205 bashya muri 2024.

Abakoresha IUD, agapira gashyirwa mu mura gakorana n’imisemburo, bageze kuri 51.630 barimo 11.990 bashya. N’ubwo uburyo bugezweho bukomeje kwitabirwa, hari abakoresha uburyo gakondo (kubara iminsi, urunigi n’ubundi buryo bworoshye) bagera kuri 25.705.

Izamuka ry’abafashe umwanzuro wo kwifungisha burundu

Umubare w’abagore bifungisha burundu warakomeje kwiyongera uko imyaka ishira: mu 2019 bari 14.456, mu 2020 bagera kuri 18.350, mu 2021 bagera kuri 20.904, mu 2022 26.285, mu 2023 31.439, kugeza mu 2024 bageze kuri 35.105.

Ku ruhande rw’abagabo, 4.432 bifungishije burundu bakoresheje vasectomy, harimo 121 muri 2024. Ubu buryo ni bwo bwonyine bwifashishwa n’abagabo mu kwifungisha burundu, bukaba bukorwa hifashishijwe gufunga inzira y’intanga z’abagabo.

Ubushakashatsi bwa karindwi ku bwiyongere n’ubuzima bw’abaturage (DHS 7) bwakozwe muri 2025 bwerekanye ko abagore bubatse bari hagati y’imyaka 15 na 49 bakenera serivisi zo kuboneza urubyaro ku kigero cya 78%. Kuboneza urubyaro ni imwe muri gahunda Leta y’u Rwanda yashyize imbere mu rwego rwo kugabanya umuvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage, kurwanya ubukene no kunoza serivisi z’ubuzima n’imibereho myiza y’abaturage.

Imibare ya NISR igaragaza ko ubwiyongere bw’Abanyarwanda mu myaka icumi (2012-2022) bwari ku kigero cya 2,3%. N’ubwo ubuso bw’igihugu buzaguma ari bumwe, mu mwaka wa 2050 umubare w’abaturage uteganyijwe kugera ku barenga miliyoni 22, uhereye kuri miliyoni zisaga 14,1 ubu. Ibi biterwa n’uko Umunyarwandakazi asanzwe abyara abana 3,6, mu gihe impuzandengo mpuzamahanga ari 2,3.

N’ubwo umubare w’abaturage uteganyijwe gukomeza kwiyongera, hari intambwe igaragara mu kugabanya umubare w’abana umugore abyara, uva kuri 8,6 mu 1978, ukagera kuri 4,0 mu 2012. Ibi byajyanye no kugabanya igwingira ry’abana n’impfu z’abagore babyara, aho byavuye kuri 203 ku babyeyi 100.000 mu 2020, bigera kuri 149 mu 2025.

Ariko, haracyari imbogamizi zirimo ikibazo cy’abangavu baterwa inda. Ubushakashatsi bwa DHS 7 bwerekanye ko abangavu baterwa inda biyongereye bagera kuri 8% ugereranyije na 5% mu 2020, bigaragaza ko hakiri urugendo rwo kunoza ubukangurambaga n’uburezi mu byerekeye ubuzima bw’imyororokere.




IMIHIGO NEWS | UBUZIMA | With in the best News


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153