-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Rwanda: Abarimu barasaba guhabwa Ibisobanuro ku Mahugurwa ya AI n’Impamyabumenyi zikenewe

Léon MUGENZI, Umuyobozi w’ishami ry’abarimu muri REB


Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo gahunda ya Leta y’amahugurwa ku bakozi b’inzego z’uburezi no gutanga impamyabumenyi mu bijyanye na AI ifungwe, abarimu baracyabona imbogamizi ku bijyanye n’amakuru atandukanye ndetse n’impamyabumenyi zemewe basabwa kubona. Umuyobozi w’ishami rishinzwe Iterambere ry’Abarimu, Imiyoborere n’Imyitwarire  mu kigo cy’Ibanze gishinzwe uburezi (REB) Bwana Léon MUGENZI, yatangaje ko vuba aha hazakorwa inama yihutirwa isobanura neza ibyangombwa n’umurongo uhamye abarimu bagomba gukurikiza.


Gahunda ya Leta yo guhugura abakozi b’inzego z’uburezi ku masomo ajyanye n’Ubwenge bukorano (AI) harimo n'amasomo ajyanye na AI Literacy, Understand How AI Impacts You and Your Government, One Million na Introduction to Artificial Intelligence ari gukorwa kuva ku wa 28 Ukuboza 2025 babitangaza kugeza ubu.

Nyuma y’ibibazo biri kugaragara mu bice bitandukanye by’igihugu ni mu gihe hakomeje kongerwa igihe kikava ku wa15 Mutarama 2026 bagashyira ku wa 31 Mutarama 2026 nk’uko ibaruwa ya Minisiteri y’Umurimo mu Rwanda ibivuga.

Abakozi bo mu mashuri cyane cyane abarimu barasabwa kwitabira aya mahugurwa ku bwinshi gusa nuko amakuru menshi bahabwa kuri ibi aba avuguruzanya, bigatuma benshi batabasha kumenya neza certificates bagomba kubona. Hari n’ababazwa n’uko hari abashinzwe uburezi mu turere nabo batamenya neza aho aya mahugurwa aturuka n’icyo basobanurira abo bayoboye, abarimu bakwiye gukora cyane kandi bakibuka akazi kabo ko kwigisha bitavaho ngo babisimbuze iyi AI, Bibaza abatanga izo link kandi nabo batabasha gusobanura ibiri muri link. Gusa icyo bahuriraho niko bavuga ko isomo rya One million riri kubagora cyane kandi aho baba kubona network zikina video iri kuri murandasi biragoye.

Niyo mpampamvu rero, Bwana Léon MUGENZI Umuyobozi w’ishami rishinzwe Iterambere ry’Abarimu, Imiyoborere n’Imyitwarire y’Abarimu muri REB, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze arasobanura ko vuba aha hazaba ikiganiro gisobanura neza certificates zemewe ku barezi, ndetse hateganyijwe n’inama yihutirwa izafasha abarimu kumenya neza umurongo uhamye n’amahugurwa bagomba gukurikirana.

MUGENZI yanavuze ko aya mahugurwa agamije gufasha abarimu gutahura neza uko AI ishobora kugira ingaruka ku kazi kabo no mu burezi muri rusange, kandi ko certificates bazabona zizabafasha gutera intambwe mu kwigisha amasomo yabo no mu mikorere y’ishuri.

Abarebwa n’aya mahugurwa barasabwa gukurikirana amakuru azatangazwa na Minisiteri y’Uburezi n’abayobozi b’uturere, kugira ngo bamenye neza igihe n'uburyo bwo kwiyandikisha n’impapuro zemeza n’ubumenyi bazahabwa. Léon MUGENZI asaba abarimu gukomeza gukurikirana ubutumwa bwose buzatangwa ku mbuga nkoranyambaga za REB no mu turere kugira ngo basobanukirwe n’inzira igomba gukurikizwa.

 

 

IMIHIGO NEWS


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153