Mu Rwanda, hari abayobozi bakuru n’abantu b’indashyikirwa bagize uruhare rukomeye mu miyoborere, uburezi, ubuzima, uburinganire n’iterambere ry’igihugu, ku buryo Kaminuza Mpuzamahanga zitandukanye zabahaye impamyabumenyi zicyubahiro cyo kubashimira (Honorary Doctorates).
Izi mpamyabumenyi zitandukanye n’izo umuntu abona yize amasomo
asanzwe, kuko zitangwa mu rwego rwo gushimira umusanzu udasanzwe n’ingaruka
nziza byagize ku muryango mugari, ku gihugu cyangwa ku rwego mpuzamahanga.
Muri iyi nkuru, twabateguriye urutonde rw’abayobozi n’abantu
bakomeye mu Rwanda bafite izi mpamyabumenyi, harimo n’abo benshi bashobora kuba
mutazi ko bazifite.
1. Madamu
Jeannette Kagame
Tariki ya 25 Mutarama 2026, Madamu Jeannette Kagame yahawe
Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro na University of Global Health Equity
(UGHE), mu muhango wabereye ku ishami ry’iyi kaminuza i Butaro mu Karere ka
Burera, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 10 UGHE imaze ikorera mu Rwanda.
Yashimiwe umusanzu udasanzwe yatanze mu kwita ku baturage,
guteza imbere uburezi n’ubuzima, kurengera uburenganzira bw’abagore, guteza
imbere uburinganire n’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Madamu Jeannette Kagame azwi cyane nk’uwashinze Imbuto
Foundation, umuryango wagize uruhare runini mu guteza imbere uburezi
bw’abakobwa n’imibereho myiza y’abaturage, ndetse no kuba umwe mu batangije
ihuriro ry’abagore b’abakuru b’ibihugu bya Afurika rigamije guteza imbere
ubuzima n’imibereho y’abagore n’abana ku mugabane wa Afurika. Yanagize uruhare
rufatika mu bikorwa bya Unity Club, byagize ingaruka zikomeye mu kubaka ubumwe
n’ubudaheranwa mu Rwanda.
2. Perezida
Paul Kagame
Ku wa 5 Kamena 2024, Yonsei University yo muri Koreya y’Epfo
yahaye Perezida Paul Kagame Impamyabumenyi y’Icyubahiro mu Gahunda n’Imicungire
by’Igihugu (Public Policy and Management), ashimirwa uruhare rwe mu kuyobora u
Rwanda mu nzira y’iterambere rirambye n’imiyoborere myiza.
Uyu Mukuru w’Igihugu afite n’izindi mpamyabumenyi nyinshi
z’icyubahiro yahawe na Kaminuza zitandukanye ku isi, zirimo Doctor of Laws
yahawe na University of the Pacific muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2005,
ashimirwa ubuyobozi bwe mu kongera kubaka igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994.
Mu 2006, Oklahoma Christian University nayo yamuhaye
impamyabumenyi y’icyubahiro kubera uruhare rwe mu guteza imbere amahoro
n’umutekano, mu gihe mu 2007 University of Glasgow yo muri Scotland yamuhaye
Doctor of Law. Mu 2012, William Penn University yo muri Amerika yamuhaye
Doctorate of Humane Letters.
3
4. Dr. Louise
Mushikiwabo
Dr. Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango
mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) akaba n’uwahoze ari
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga
y’Icyubahiro na Yerevan State University muri Armenia mu Ukwakira 2021.
Yashimiwe uruhare rwe rukomeye mu mibanire mpuzamahanga, guteza
imbere Francophonie no guteza imbere ururimi rw’Igifaransa ku rwego rw’isi,
by’umwihariko mu guhuza ibihugu bifite amateka n’inyungu zitandukanye.
5. Ubu, bose bafite Dr
IMIHIGO NEWS

0 Comments
Imihigonews