Umuyobozi w’Akarere Gasana Richard yasabye abakozi bashya gukorera abaturage neza, bagaragaze umurava n’ishyaka mu nshingano nshya bahawe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Taliki ya 31 Ukuboza 2025,
abakozi bashya b’Urwego rwa DASSO mu Karere ka Gatsibo bagera kuri 85, barimo
abagore 15 n’abagabo 70, bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere, Gasana Richard,
babasaba guharanira umurava, ishyaka n’imyitwarire myiza mu gukorera abaturage.
Umuyobozi w’Akarere Gasana Richard, ari kumwe n’izindi nzego
z’akarere, yagaragaje ko gushyira abaturage ku isonga ari intambwe ya mbere ku
bakozi bashya kugira ngo serivisi bajya batanga zigere ku baturage ku buryo
bwihuse kandi bufite ireme. Mu butumwa bwe, yagaragaje ko gukorana n’abandi no
kugira umurava mu nshingano ari intwaro ikomeye izafasha abakozi kugera ku
ntego zabo no kuzamura imikorere y’urwego.
Umuhuzabikorwa w’Urwego rwa DASSO mu Karere ka Gatsibo, Muzungu
Venant, yavuze ko kugeza ubu mu Karere ka Gatsibo hari abakozi b’urwego rwa
DASSO bagera kuri 252, barimo abagore 50 n’abagabo 202. Aba bakozi bashya
bagera kuri 85 bazajya bakorera mu mirenge itandukanye y’akarere, aho
bazashyira mu bikorwa inshingano zo gucunga umutekano n’ibikorwa by’abaturage.
Gasana Richard yibukije abakozi bashya ko gukumira icyaha ari
ingenzi, kuko bituma abaturage babona serivisi nziza kandi yihuse. Yongeyeho ko
kumenya gushaka ibisubizo by’ibibazo abaturage bafite nko gukemura ibibazo
bibangamiye imibereho myiza yabo, ari inshingano y’umukozi wese w’urwego rwa
DASSO.
Uretse ibyo, Umuyobozi w’Akarere yagaragaje ko gufatanya
n’izindi nzego ari ingenzi mu rwego rwo gucunga umutekano no kurushaho gutanga
serivisi ku baturage, ndetse ko imikorere myiza y’abakozi izagaragaza icyubahiro
n’icyizere abaturage bafite ku buyobozi bw’akarere.
Abakozi bashya b’Urwego rwa DASSO mu Karere ka Gatsibo basabwe
gukorera abaturage mu buryo bwimbitse, bagaragaza umurava, ubunyangamugayo
n’imyitwarire myiza, mu rwego rwo guharanira iterambere n’umutekano
w’abaturage. Uyu munsi ni intangiriro y’urugendo rwabo rushya, aho gushyira
abaturage ku isonga bizaba ari ihame ry’ingenzi mu nshingano zabo za buri
munsi.


0 Comments
Imihigonews