Zasabye Umuryango Mpuzamahanga gukurikirana amagambo y’urwango bavuga ko ashobora guhembera ihohoterwa n’ubwicanyi.
Impunzi z’Abanye-Congo zibarizwa mu nkambi zitandukanye zo mu
Rwanda zakoze imyigaragambyo y’amahoro zamagana amagambo y’urwango aherutse
kuvugwa na Gen Maj Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’Ingabo za Leta ya
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zisaba ko yakurikiranwa
n’ubutabera mpuzamahanga.
Iyi myigaragambyo yabaye ku wa 1 Mutarama 2026, ikorerwa mu
mahoro mu nkambi zirimo Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe ndetse na Kigeme
yo mu Karere ka Nyamagabe. Abayitabiriye bakoze ingendo bazenguruka inkambi
zitandukanye, bitwaje ibyapa n’indangururamajwi, bagaragaza ko amagambo yavuzwe
na Gen Maj Ekenge abangamiye umutekano wabo n’uburenganzira bwabo nk’abaturage
ba RDC.
Ku wa 27 Ukuboza 2025, Gen Maj Sylvain Ekenge yari yatumiwe kuri
Televiziyo yo muri RDC mu kiganiro cyagarukaga ku mutekano wo mu Burasirazuba
bw’icyo gihugu, cyane cyane mu Ntara ya Kivu. Muri icyo kiganiro, yavuze
amagambo yibasira Abatutsi, avuga ko gushyingiranwa n’Abatutsikazi ari ikibazo
gikomeye, anatanga imvugo impunzi zivuga ko ishingiye ku ivangura.
Aya magambo yakurikiwe n’igitutu cy’amahanga cyatumye Gen Maj
Ekenge ahagarikwa ku mirimo ye, icyakora impunzi zivuga ko icyo cyemezo
kidahagije.
Ati:“Turamagana politiki ya Leta ya RDC ikomeje kutwita
abanyamahanga ku butaka bwacu no gushyigikira ivangura n’ubwicanyi. Amagambo ya
Gen Maj Ekenge ashobora gutuma hari abandi baturage bafata iya mbere mu kwica
Abatutsi.”
Mukakayonga Justine, umaze imyaka 30 ari impunzi, yavuze ko
amagambo yavuzwe agaragaza ko impamvu y’ubuhunzi bwabo ikiriho.
Ati:“Turifuza ko amahanga yatubera umuvugizi, Leta ya Congo
ikatwemera nk’abaturage bayo kugira ngo dusubire iwacu.”
Mandera Eric w’imyaka 25 we yavuze ko agahinda ke katuruka ku
kuba yaravukiye mu buhunzi, akura yumva amagambo abasebya.
No mu Nkambi ya Kigeme, icumbikiye impunzi zirenga 14.000
z’Abanye-Congo, habaye imyigaragambyo y’amahoro. Abayitabiriye bagaragaje ko
barambiwe ubuzima bw’ubuhunzi, basaba umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora.
Mukansanga Judith, ukomoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru,
yavuze ko babayeho mu buzima bugoye, abandi bakishimira iminsi mikuru bo bari
mu marira.
Uhagarariye Impunzi z’Abanye-Congo, Ndayisaba Christophe, yavuze
ko amagambo ya Gen Maj Ekenge atandukanye n’indangagaciro z’ubumuntu.
Ati:“Kumuhagarika ku mirimo ntibihagije. Turasaba ko
ashyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kuko imvugo nk’izi zihembera Jenoside.”
Umuyobozi w’Inkambi ya Kigeme, Munyakarambi Sebutozi Edson,
yavuze ko impunzi zifuza gutaha iwabo aho gukomeza kwitwa impunzi imyaka
n’imyaka.
Impunzi z’Abanye-Congo ziba mu Rwanda zivuga ko amagambo ya Gen
Maj Sylvain Ekenge ari ikimenyetso cy’imitegekere ishingiye ku ivangura muri
RDC, igira ingaruka ku mutekano wabo n’uburenganzira bwabo. Zisaba ko Umuryango
Mpuzamahanga wagira uruhare rufatika mu gukemura iki kibazo, kugira ngo zibone
amahirwe yo gutaha mu gihugu cyazo mu mahoro n’umutekano.
IMIHIGO NEWS | With in the best News



0 Comments
Imihigonews