-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

AMAKURU MASHYA: Urutonde ruvuguruye rw'Abayobozi 890 b’amashuri birukanwe ku buyobozi bagirwa abarimu nyuma yo gutsindwa isuzuma



Abayobozi n’abayobozi bungirije b’ibigo by’amashuri bagera kuri 890, barimo 349 bo mu mashuri abanza na 541 bo mu mashuri yisumbuye, bahagaritswe ku mirimo yo kuyobora ibigo by’amashuri nyuma yo kudatsinda isuzuma ryabashyiriweho, bagirwa abarimu basanzwe.

Ibi byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), ruvuga ko abo bayobozi batarageze ku manota 70% yari asabwa kugira ngo bakomeze inshingano zo kuyobora ibigo by’amashuri.

Ibyashingiweho mu isuzuma:
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa REB, Dr Flora Mutezigaju, yasobanuye ko isuzuma ryabaye mu byiciro bibiri:

1.    Isuzuma ryakozwe n’uturere,

2.    Irigenzura ryakozwe na REB ku rwego rw’igihugu.

Yavuze ko isuzuma ryibanze ku ngingo z’ingenzi zigena imiyoborere myiza y’ikigo cy’ishuri, zirimo:
- Uburyo umuyobozi afite intumbero n’icyerekezo cy’ikigo
- Uburyo afasha imyigire n’imitsindire y’abanyeshuri
- Imicungire y’umutungo w’ikigo bahabwa na Leta
- Uburyo umuyobozi akorana n’ababyeyi, kuko ishuri ridakora ryonyine
- Imyitwarire rusange y’umuyobozi n’uko akunda akazi ke

 Ati:“Habanje isuzuma ry’Akarere ryibandaga ku bintu bibiri by’ingenzi birimo imyitwarire y’umuyobozi muri rusange n’uko akunda akazi ke, byose bigahabwa amanota ku gipimo cya 100.”

 Icyemezo cyafashwe

Abayobozi batabashije kugera ku manota 70%:

Bahagaritswe ku nshingano zo kuyobora
Bagirwa abarimu basanzwe, kuko badafite ikibazo cy’ubushobozi bwo kwigisha, ahubwo byagaragaye ko imiyoborere yabo itujuje ibisabwa

REB ivuga ko iki cyemezo kigamije:

Kunoza ireme ry’uburezi
Gutuma amashuri ayoborwa n’abafite ubushobozi buhagije mu micungire n’imiyoborere

 Iki gikorwa cya REB kigaragaza ingamba Leta iri gufata mu guteza imbere ireme ry’uburezi, ishyira imbere imiyoborere myiza y’amashuri. Nubwo abayobozi 890 bakuwe ku buyobozi, ntibakuwe mu kazi, ahubwo bahawe inshingano zo kwigisha, hagamijwe gukoresha ubumenyi bafite mu guteza imbere abanyeshuri.

IMIHIGO NEWS twagerageje gutaburura mu rwina tubazanira urutonde rw’Abayobozi bo mu bigo bari munsi y’Amanota 70%

Ese urutonde rwabo 890 ruri he? (Ikibazo gikomeye)
Kanda 
👉








 

IMIHIGO NEWS | With the best news

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153