Bruno Ferry agarutse ayobora Reyo Siporo FC mu myiteguro y’umukino ukomeye wa Shampiyona y’u Rwanda uzayihuza na Al-Hilal SC kuri Stade Amahoro.
Mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya 16 Mutarama 2026 umutoza mukuru wa Reyo Siporo FC, Bruno Ferry yageze mu Rwanda avuye mu Bufaransa aho yari yaragiye kwita ku mubyeyi we wari urwaye agaruka kongera kuyobora iyi kipe mu myiteguro y’umukino ukomeye wa shampiyona izayihuza na Al-Hilal SC kuri Stade Amahoro.
Bruno Ferry yari amaze igihe adahari kubera impamvu z’umuryango
aho yari yarahawe uruhushya n’ubuyobozi bwa Reyo Siporo FC ajya iwabo mu
Bufaransa. Muri icyo gihe, iyi kipe yari isigaye iyobowe n’umutoza wungirije
Lomami Marcel, mu mikino ya shampiyona n’andi marushanwa.
Akigera mu Rwanda, Bruno Ferry ntiyigeze atakaza umwanya kuko
yahise ajya ku kibuga atangira imyitozo agamije gutegura neza abakinnyi be. Ibi
abikoze mu gihe hari umukino ukomeye ateganyijwe, aho agomba kugaragaza
ubushobozi bwe nk’umutoza mukuru cyane cyane nyuma yo gutsindwa bikomeye n’Ikipe
y’ingabo z’u rwanda APR FC ibitego 4-1 mu mukino wa FERWAFA Super Cup baheruka
guhuriramo.
Mbere yo kujya mu Bufaransa, Ferry yari yafashe icyemezo cyo
guhagarika rutahizamu Ndikumana Asman kubera kutubahiriza amabwiriza y’ikipe.
Gusa, biteganyijwe ko ashobora kwifashisha rutahizamu Fall Ngagne, witeguye
kongera kugaruka mu kibuga nyuma y’amezi 11 yari amaze avunitse.
Kugeza ubu, Reyo Siporo FC iri ku mwanya wa cyenda ku rutonde
rwa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 24, mu gihe Al-Hilal SC bazahura iri ku
mwanya wa kabiri n’amanota 32, ibintu byerekana ko uyu mukino uzaba ukomeye ku
mpande zombi.
Umukino wa Reyo siporo FC na Al-Hilal SC uteganyijwe ku wa
Gatandatu, tariki ya 17 Mutarama 2026 kuri Stade Amahoro. Ni umukino utegerejwe
na benshi, aho Bruno Ferry azaba asabwa kugaragaza impinduka nziza no gufasha
ikipe ye gukomeza guhatanira imyanya myiza ku rutonde rwa shampiyona
IMIHIGI NEWS | IMIKINO| With in the best News

0 Comments
Imihigonews