Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryahaye abasifuzi 18 b’Abanyarwanda ibirango bibemerera kuyobora imikino ku rwego mpuzamahanga mu mwaka w’imikino wa 2026, mu gikorwa cyabereye mu Rwanda ku wa Kane, tariki ya 15 Mutarama 2026, gishyikirizwa n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Bonnie Mugabe.
Iki gikorwa kije gikomeza kugaragaza intambwe u Rwanda rumaze
gutera mu iterambere ry’umupira w’amaguru, cyane cyane mu rwego rwo guteza
imbere abasifuzi no kubashyira ku rwego mpuzamahanga. Kuba FIFA ikomeje
kwongera umubare w’abasifuzi b’Abanyarwanda bemererwa gusifura ku rwego rwo
hejuru bifatwa nk’ikimenyetso cy’ubwizerwe n’ubushobozi bagaragaza.
Mu muhango wo gutanga ibi birango, Umunyamabanga Mukuru wa
FERWAFA, Bonnie Mugabe, yashimye aba basifuzi ku bwitange n’ubunyamwuga
bagaragaje, abasaba gukomeza kurangwa n’ubunyangamugayo, imyitwarire myiza
n’ubunyamwuga, kuko bazaba bahagarariye u Rwanda mu marushanwa atandukanye yo
ku rwego mpuzamahanga.
Mu bahawe ibi birango harimo abasifuzi bo hagati, abasifuzi bo
ku ruhande, ndetse n’ukoresha ikoranabuhanga rya VAR, bigaragaza ko u Rwanda
ruri mu bihugu bikomeje gutanga abasifuzi bafite ubumenyi bujyanye
n’ikoranabuhanga rigezweho rikoreshwa mu mupira w’amaguru w’iki gihe.
Mu basifuzi bo hagati b’abagabo bahawe ibi birango harimo Twagirumukiza
Abdoul Karim, Ishimwe Jean Claude, Uwikunda Samuel, Rulisa Patience Fidèle na Nsabimana
Célestin, mu gihe mu bagore harimo Umutoni Aline na Byukusenge Henriette.
Abasifuzi bo ku ruhande b’abagabo ni Ndayisaba Saïd Hamisi,
Mugabo Eric, Karangwa Justin, Mutuyimana Dieudonné, Ishimwe Didier na Habumugisha
Emmanuel. Ku ruhande rw’abagore, bahawe ibi birango harimo Murangwa Usenga
Sandrine, Umutesi Alice, Mukayirangwa Régine na Akimana Juliette.
Hari kandi Mukansanga Salima Rhadia, wemerewe gukoresha
ikoranabuhanga rya VAR, akomeza kuba umwe mu basifuzi b’Abanyarwandakazi
bakomeje kwitwara neza ku rwego mpuzamahanga.
Ibi birango byahawe abasifuzi b’Abanyarwanda bitegerejweho
kongera icyizere cy’u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga, no gufasha abasifuzi
gukomeza kunguka ubunararibonye mu marushanwa yo ku rwego rwo hejuru. Ni
intambwe ikomeye mu rugendo rwo guteza imbere umupira w’amaguru n’imiyoborere
yawo mu Rwanda.

0 Comments
Imihigonews