-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

Uburezi: MINEDUC yatangije ubukangurambaga bwihariye bwo kwimakaza isuku n’isukura mu mashuri

Fresherikuishuri


Ubukangurambaga bugamije guhindura imyumvire no guteza imbere ubuzima bw’abanyeshuri no gushyira isuku ku isonga mu ireme ry’uburezi bw’u Rwanda

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangije ubukangurambaga bwiswe FresheriKuIshuri, Ubu bukangurambaga bugamije kwimakaza umuco w’isuku n’isukura ihoraho mu mashuri yose yo mu Rwanda mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta ya “Isuku Hose Campaign”. Ubu bukangurambaga buzashyirwa mu bikorwa guhera ku wa 12 Mutarama 2026 kugeza mu mpera z’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2025/2026, bukitabirwa n’inzego zitandukanye zirimo abayobozi, abarimu, abanyeshuri n’ababyeyi, hagamijwe guteza imbere imibereho myiza n’ireme ry’uburezi.

Isuku n’isukura ikomeje gufatwa nk’imwe mu nkingi z’ingenzi zigira uruhare rukomeye mu myigire n’Imyigishirize myiza, ubuzima bwiza n’imyitwarire iboneye by’abanyeshuri. Ni muri urwo rwego MINEDUC yateguye ubukangurambaga  bwiswe FresheriKuIshuri, bugamije gutuma isuku idafatwa nk’igikorwa gikorwa rimwe na rimwe, ahubwo ikaba umuco uhoraho wubahirizwa buri munsi mu bigo by’amashuri. Ubu bukangurambaga bushyira imbere ihinduka ry’imyumvire n’imyitwarire, hagamijwe kubaka amashuri meza ateza imbere indangagaciro n’ejo hazaza h’igihugu.

MINEDUC igaragaza ko ishuri rifite isuku n’isukura bihoraho rifasha abanyeshuri kugira ubuzima bwiza, kwiga batekanye, kwitwara neza no kugera ku ntsinzi mu masomo. Intego rusange ya ya FresheriKuIshuri n’uguteza imbere umuco w’isuku n’isukura ihoraho mu mashuri yose yo mu Rwanda.

By’umwihariko, ubu bukangurambaga bugamije gukangurira amashuri gushyira isuku mu bikorwa bya buri munsi, guteza imbere indangagaciro zo kwiyubaha n’inshingano mu banyeshuri, kongera uruhare rw’abarimu, abayobozi, ababyeyi n’abafatanyabikorwa, no guhuza ibikorwa by’amashuri n’intego za Leta zijyanye n’imibereho myiza.

Nk’Uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’uburezi, Nyuma y’ishyirwa mu bikorwa ry’ubu bukangurambaga, hitezwe ko amashuri azaba afite gahunda zihoraho z’isuku n’isukura, abanyeshuri bakagaragaza isuku y’umubiri n’imyambaro itunganye, ndetse n’imyitwarire iboneye. Ibyumba by’amashuri, ubwiherero, aho gukarabira intoki, aho kurara n’amakoni y’amashuri bizaba bisukuye kandi bikoreshwa neza. Harateganywa kandi kunoza isuku yo mu gikoni, ku biribwa n’ububiko bwabyo, ndetse no guha imbaraga komite z’ubuzima n’amatsinda y’isuku mu mashuri.

Ubukangurambaga bwa FresheriKuIshuri buzashyirwa mu bikorwa ku nzego zitandukanye zirimo Intara, Umujyi wa Kigali, Uturere, Imirenge n’amashuri ubwayo. Ibikorwa biteganyijwe birimo gutangiza ku mugaragaro ubukangurambaga, gusura amashuri yatoranyijwe agaragaza urugero rwiza rw’isuku, gukurikirana no gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’isuku ya buri munsi, no gukoresha ubutumwa bugamije guhindura imyitwarire.

Ubutumwa bwa FresheriKuIshuri bushimangira ko gukora isuku ari igikorwa cya buri munsi kandi ko igomba gutozwa abana bato  no kubatoza ihame y’isuku kuko byoroshye birimo gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune, gukoresha neza ubwiherero no gutunganya aho bigira n’aho batekera. Harateganywa kandi inyigisho ku isuku yo mu kanwa gutunganya jardin z’amashuri, gucunga imyanda hatandukanywa iyabora n’itabora gushyira ibyapa byigisha isuku no gusana no kunoza ubwiherero n’ubukarabiro bwangiritse aho butari bakabuhashyira.

By’umwihariko, abanyeshuri basabwa gukora isuku y’umubiri n’imyambaro nk’inshingano zabo, abarimu n’abayobozi bagasabwa kuba icyitegererezo n’indorerwamo mu gihe ababyeyi bagira uruhare mu gutegura abana babo neza mbere yo kujya ku ishuri.

Ubu bukangurambaga buzitabirwa n’abayobozi ku nzego zose z’igihugu, abayobozi b’amashuri, abarimu, abanyeshuri bo mu byiciro byose, ababyeyi, abagize komite z’amashuri ndetse n’abafatanyabikorwa mu burezi n’imibereho myiza.

 Ubukangurambaga bwa FresheriKuIshuri ni intambwe ikomeye mu gushyira isuku n’isukura ku isonga mu burezi bw’u Rwanda. Binyuze mu bufatanye bw’inzego zose, MINEDUC yizeye ko amashuri azahinduka ahantu heza ho kwigira indangagaciro, guteza imbere ubuzima bwiza no gutegura ejo hazaza h’igihugu binyuze mu rubyiruko rufite imyitwarire myiza n’imico mwiza. Ishuri risukuye rigaragara nk’ishingiro ry’uburezi bufite ireme n’iterambere rirambye mu Rwanda.



IMIHIGO NEWS | With in the best News


Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153