-->

Kwamamaza

+250788917153

Kwamamaza

U rwanda: Abantu 25 baturutse mu mahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda



Bayasese Bernard abasabye gusigasira Ubumwe n’Ubudaheranwa no gufatanya na Leta mu iterambere

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Bayasese Bernard yatanze ubwenegihugu bw’u Rwanda ku bantu 25 baturutse mu bihugu bitandukanye, abasaba gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda, kwitandukanya n’amacakubiri no kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Guverinoma, zirimo NST2 n’Icyerekezo 2050.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Mutarama 2026, kibera mu nyubako y’Akarere ka Gasabo, aho abahawe ubwenegihugu bashimiye Leta y’u Rwanda yabakiriye, biyemeza kubahiriza amategeko no gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’igihugu.

Mu ijambo yagejeje ku bahawe ubwenegihugu, Bayasese Bernard yabasabye gushimangira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, avuga ko ari inkingi ikomeye yatumye u Rwanda rubasha kwiyubaka nyuma y’amateka mabi rwanyuzemo.

Yabasabye kandi gufatanya n’ubuyobozi mu gushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu (NST2) ndetse n’icyerekezo 2050, bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kugera ku iterambere rirambye.

Bayasese yongeyeho ko abahisemo gutura mu Mujyi wa Kigali bagomba kugira uruhare mu kuwugira umujyi ukeye, utoshye kandi utekanye, ashimangira ko iterambere ry’umujyi rishingira ku bufatanye bw’abawutuye.

Yabibukije ko ubwenegihugu butari inyungu gusa, ahubwo ari inshingano, abasaba gufatanya n’abandi Banyarwanda mu gushyira mu bikorwa gahunda yo kwigira no kwikura mu bukene, gutekereza byagutse, kubazwa inshingano no kubahiriza amategeko y’igihugu.

Ku bijyanye n’amategeko, Itegeko Ngenga ryo ku wa 16 Nyakanga 2021 rigenga ubwenegihugu Nyarwanda, risimbura iryo ku wa 25 Nyakanga 2008, rigaragaza ko ubwenegihugu butangwa ku banyamahanga buhabwa hashingiwe ku mpamvu zitandukanye zirimo ishoramari, impano cyangwa ubumenyi bwihariye bukenewe mu gihugu, icyubahiro n’izindi nyungu z’igihugu.



Uwahawe ubwenegihugu Nyarwanda butangwa agira uburenganzira n’inshingano bingana n’iby’Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’inkomoko, keretse iyo amategeko abiteganya ukundi.

Impamvu zishingirwaho mu gutanga cyangwa gusaba ubwenegihugu Nyarwanda butangwa zirimo kuvukira ku butaka bw’u Rwanda, umwana watoraguwe, ishyingirwa, kuba umwana utabyaye ku Munyarwanda, inyungu z’igihugu, ubumenyi n’impano byihariye, ishoramari rirambye, kwimuka, kutagira ubwenegihugu n’izindi.

Itegeko rinateganya ko ubwenegihugu butangwa bushobora kwamburwa mu gihe byagaragaye ko uwabuherewe yabubonye akoresheje amakuru atari yo, inyandiko mpimbano cyangwa uburiganya, cyangwa se yabusabye agamije kugambanira Repubulika y’u Rwanda.

Iki gikorwa cyongeye kugaragaza ko u Rwanda rukomeje gufungura amarembo ku banyamahanga barugirira icyizere, ariko rukanashimangira ko ubwenegihugu ari inshingano ikomeye isaba ubunyangamugayo, gukorera igihugu no kubaha indangagaciro z’Abanyarwanda.

 

IMIHIGO NEWS | With in the best News

Post a Comment

0 Comments

Kwamamaza

+250788917153