Gatongore James, Gitifu w’Umurenge wa Mamba, hamwe na Jean Bosco Ntayomba na Emmanuel Niyomugabo bakekwaho icyaha cyo gusaba, kwakira no gutanga indonke, urukiko rutegetse bafunzwe mu gihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje.
Urukiko rw’ibanze rwa Ndora rutegetse ko Gitifu w’umurenge wa
Mamba, Gatongore James, hamwe na Jean Bosco Ntayomba na Emmanuel Niyomugabo
bakurikiranwe bafunzwe by’agateganyo iminsi 30. Aba bose bakekwaho icyaha cyo
gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, nyuma y’iperereza ryakozwe n’inzego
z’umutekano mu karere ka Gisagara.
Icyemezo cy’urukiko cyafashwe nyuma y’uko ubushinjacyaha
bwatanze ibimenyetso by’ingenzi byerekana uruhare rwa buri wese mu kwenga
inzoga zitemewe zizwi nka ‘Nyirantare’. Gitifu Gatongore hamwe na komisiyoneri
we na Emmanuel Niyomugabo bahakana ibyo baregwa, ariko urukiko rusesenguye
ibimenyetso rutegetse ko bafunzwe by’agateganyo kugira ngo batabangamira
iperereza rikomeje.
Gatongore James, wari Gitifu w’Umurenge wa Mamba, aregwa kwakira
ruswa y’amafaranga ibihumbi 200 Frw kugira ngo areke abenga inzoga zitemewe.
Jean Bosco Ntayomba yafashwe nka komisiyoneri wa Gitifu, akaba
yarahawe ayo mafaranga maze ayaha Gatongore.
Emmanuel Niyomugabo we yari ashinzwe gutanga amafaranga ibihumbi
100 Frw ku bantu batandukanye kugirango amafaranga age ku Gitifu.
Uwatswe amafaranga yagejeje amakuru ku iperereza rya Polisi na
RIB.
RIB na Polisi bakoze operasiyo yihariye, bakoresha inoti zifite numero
zitandukanye kugira ngo bafate abaregwa.
Amafaranga yafashwe mu modoka ya Gitifu Gatongore, byemezwa
n’iperereza ry’inzego z’umutekano.
Gitifu Gatongore yakomeje guhakana ibyaregwaga, avuga ko ari umugambi wacuzwe
na Sebasaza Emmanuel, wari ukuriye RIB mu murenge wa Gikonko, avuga ko yateweho
nabi kandi amubeshyera.
Jean Bosco Ntayomba yavuze ko atari abizi, ko ibyabaye ari akagambane ka
Sebasaza.
Emmanuel Niyomugabo yemeye ko yahawe amafaranga, ariko yavuze ko yabikoze atari
ku bushake cyangwa kubigirira icyaha.
Me Rubayiza Fikilini Michel na Me Havugimana Xavier Dominique
bavuze ko abaregwa bakekwaho ibintu batigeze bakora ku bushake, ko hari
akagambane k’abashinzwe iperereza.
Urukiko rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma abaregwa
bakekwaho icyaha, kandi ko ari icyaha gihanishwa igifungo kirenze imyaka ibiri.
Urukiko rutegetse ko bafunzwe iminsi 30 kugira ngo batabangamira iperereza,
ndetse kubera ko amafaranga yafashwe ari ibimenyetso by’ingenzi.
Urukiko rwemeje ko akagambane ka Sebasaza ntakemangwa n’ibimenyetso bihari.
Icyemezo cy’urukiko rw’ibanze rwa Ndora kirerekana ubushake bwo
guhashya ibyaha byo gusaba no kwakira indonke, cyane cyane iyo bikozwe
n’umuyobozi ukwiye kuba intangarugero mu kurwanya ibyaha nk’ibi. Gitifu
Gatongore James, Jean Bosco Ntayomba na Emmanuel Niyomugabo bafunzwe mu gihe
cy’iminsi 30, kandi bahise bakijuririra mu rukiko rwisumbuye rwa Huye.

0 Comments
Imihigonews