Thomas Frank avuga ko atari ikigoryi, ariko ifoto ye anywera ikawa mu gikombe cy’umukeba wa Tottenham yateje impaka mu bafana.
Ku wa Gatatu, Thomas Frank, umutoza wa Tottenham Hotspur,
yagaragaye anywera ikawa mu gikombe cyanditseho izina n’ikirango cy’Arsenal,
bitera induru mu bafana. Ibi byabaye mbere y’umukino Tottenham yatsinzwe na AFC
Bournemouth 3-2, aho Frank yasobanuye ko atari ikigoryi ahubwo ari ibintu
byabaye by’impanuka.
Iyi nkuru ibaye mu gihe amakipe ya Tottenham na Arsenal akomeje
kuba abanzi bakomeye mu Mujyi wa Londres. Igikorwa cya Frank cyateje impaka
kubera uburyo bwihariye bw’abafana bareba buri kintu cyose gishobora
kubangamira isura y’ikipe yabo.
Byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu kuri Vitality Stadium ya AFC
Bournemouth, mbere y’umukino Tottenham yatsinzwe ibitego 3-2.
Thomas Frank yafotowe afite ikawa mu gikombe kiriho ikirango cya
Arsenal, umukeba ukomeye wa Tottenham.
Frank yavuze ko atigeze abona ko ikirango kiriho kugeza ubwo
yafashe ikawa.
Yavuze ati:“Turi kugana mu cyerekezo kidakwiye niba
mushishikajwe n’uko nari mfite igikombe cy’indi kipe. Birumvikana ko ntabikora.
Byaba ari ubugoryi.”
Byavuzwe ko ikawa yari yahabwe n’umukozi w’ikipe ye ubwo yari
ageze kuri stade, kandi igikombe cyasizwe n’ikipe ya Arsenal ubwo iheruka
gukinira ku kibuga cya Bournemouth.
Gutsindwa uyu mukino byatumye Tottenham igumana amanota 27 ku
mwanya wa 14, irushwa amanota 21 na Arsenal iri ku mwanya wa mbere.
Ibi byerekana ko ibikorwa bito bishobora gutera impaka mu bafana
b’amakipe akomeye, kandi byerekana uburyo umutoza n’abakozi b’ikipe bashobora
kugirana amakosa y’ibikorwa bito atari amakosa y’ubugoryi.

0 Comments
Imihigonews