![]() |
| Ubwato Bella 1 bwafashwe n’ingabo z’Amerika n’u Bwongereza mu Majyaruguru ya Ecosse |
Ubwato buzwi nka Bella 1 bwafashwe ku wa Gatatu mu mazi yo mu Majyaruguru ya Ecosse kufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza, nyuma yo gushinjwa kurenga ku bihano mpuzamahanga bifitanye isano n’ubucuruzi bwa peteroli ya Venezuela, Irani n’u Burusiya.
Iki gikorwa cyabereye mu nyanja mpuzamahanga, cyagaragaje uko
ubufatanye hagati ya Amerika n’u Bwongereza bukomeje gukoreshwa mu guhashya
ibikorwa by’ubucuruzi binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, by’umwihariko
ibijyanye n’ingendo z’ubwato zitwaye peteroli itemewe.
Minisiteri y’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Pentagon)
yatangaje ko ubwato Bella 1 bwafashwe nyuma yo kugaragara nk’uburi mu bikorwa
byo gutwara peteroli n’ibikoresho bifitanye isano n’ibihugu biri mu bihano
byashyizweho na Amerika, birimo Venezuela, Irani n’u Burusiya.
Mu itangazo ryashyizwe hanze, Minisiteri y’Ingabo z’u Bwongereza
yavuze ko icyo gikorwa cyakozwe biturutse ku busabe bwa Washington, igaragaza
ko ari igice cy’ubufatanye mpuzamahanga mu guca intege abarenga ku bihano.
Iryo tangazo ryagize riti:“Ingabo zacu z’u Bwongereza zerekanye
ubuhanga n’ubunyamwuga mu gufasha Amerika gufata ubwato Bella 1 ubwo bwari mu
nzira bugana mu Burusiya. Iki gikorwa ni igice cy’ingamba mpuzamahanga zo
guhashya abica amategeko n’ibihano byashyizweho.”
Ku ruhande rwa Amerika, yavuze ko gufata ubwo bwato bifitanye
isano no kubangamira ubucuruzi bwa peteroli ya Venezuela ikorwa mu buryo
butemewe n’amategeko, igikorwa Washington ivuga ko kigira ingaruka ku mutekano
n’ubukungu mpuzamahanga.
U Burusiya bwemeje ko ubwo bwato bwafashwe. Minisiteri
y’Ubwikorezi y’icyo gihugu yatangaje ko Bella 1 yari yarahawe uruhushya
rw’agateganyo rwo kwambara ibendera ry’u Burusiya ku wa 24 Ukuboza 2025.
Icyakora, iyo minisiteri yashinje Amerika kwica amategeko mpuzamahanga agenga ingendo zo mu mazi, ivuga ko ayo mategeko y’Umuryango w’Abibumbye (UN) ateganya ubwisanzure bw’ubwato bwo kugenda mu mazi mpuzamahanga hadashingiwe ku gitutu cya politiki.
Iki gikorwa gishya cyongeye kugaragaza umwuka mubi uri mu mubano
w’ibihugu bikomeye, cyane cyane hagati ya Amerika n’u Burusiya, mu gihe ibihano
bikomeje gukoreshwa nk’intwaro ya dipolomasi. Abasesenguzi bavuga ko gufatwa
kw’ubwato Bella 1 bishobora kongera umwiryane mu bucuruzi bwa peteroli ku rwego
mpuzamahanga, ndetse bigakomeza gushyira igitutu ku bihugu biri mu bihano.


0 Comments
Imihigonews