Umugore w’imyaka 37 wo mu Karere ka Gisagara yapfiriye mu nzu ye nyuma yo gukubitwa n’inkuba mu ijoro ryo ku wa 7 rishyira ku wa 8 Mutarama 2026, mu gihe abandi bantu babiri bakomeretse bo mu Murenge wa Muganza mu mvura nyinshi yaguye mu Ntara y’Amajyepfo muri iryo joro.
Ibi byabereye mu Karere ka Gisagara, mu Ntara y’Amajyepfo bisa neza nibiheruka kuba mu karere ka Ngoma mu murenge wa Jarama aho inkuba yishe abantu icyenda batandatu muri bo bakavugwa byihuse ahakomeje kwibasirwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe zirimo inkuba n’imvura nyinshi idasanzwe bikomeje gutwara ubuzima bw’abantu no gusenya ibikorwa remezo
Uwapfuye ni umugore wo mu Murenge wa Nyanza, wakubiswe n’inkuba ni mu gihe yararyamye mu cyumba cye mu gihe abana be bari baryamye mu kindi cyumba. Abatangabuhamya bavuga ko inkuba yabanje kwangiza amashanyarazi yo mu nzu, ihita imukubita iramwica.
Umuturanyi w’uyu muryango witwa Butoyi Marie Louise, yabwiye ikinyamakuru
dukesha iyi nkuru ko uyu mugore yari yaratandukanye n’umugabo we asize abana na
bane. Yavuze ko nyuma yo kuzima kw’amashanyarazi umwana muto w’imyaka ine
yatangiye kurira kubera umwijima.
Ati: “Umwana w’imfura w’imyaka 16 yahise afata uwo muto ajya
kumushyira nyina. Ageze mu cyumba asanga nyina yamaze gupfa, ahita ajya
gutabaza abaturanyi na bo baje basanga koko yapfuye.”
Uretse uyu mugore wapfuye, inkuba yanakubise abandi bantu babiri
bo mu Murenge wa Muganza. Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Bwana Rutaburingoga
Jérome yemeje aya makuru avuga ko abakomeretse bahise bajyanwa ku Kigo
Nderabuzima cya Mugombwa aho bari kwitabwaho n’abaganga kandi ubu bakiri
bazima.
Meya Rutaburingoga yagaragaje ko ibi byago bifitanye isano
n’imihindagurikire y’ibihe ashimangira ko ibi bisanzwe mu karere ke Ati: “Mu
mwaka ushize twapfushije abantu 13 bazize inkuba. No mu ntangiriro z’iki
cyumweru, inkuba yakubise inka n’abandi bantu babiri bagwa igihumure mu Murenge
wa Gishubi. Ibi byerekana ko twugarijwe.”
Yongeyeho ko Akarere kafashe ingamba zo gukwirakwiza
imirindankuba ahahurira abantu benshi, anasaba abaturage gukomeza kwitwararika
birinda kugama mu bishanga, munsi y’ibiti no mu nzu zidafite ubwirinzi buhagije
igihe cy’imvura.
Inkuba si zo zonyine zikomeje guteza ibyago muri Gisagara, kuko mu mwaka ushize
hasenyutse inzu zisaga 150, hanangirika hegitari zirenga 500 z’ibihingwa
byibasiwe n’imyuzure. Ku rwego rw’igihugu, isesengura ryakozwe mu 2024
ryagaragaje ko inkangu n’inkuba biri mu biza byahitanye abantu benshi mu buryo
budasanzwe. Hagati ya 2016 na 2023, inkangu zishe abantu 449, mu gihe inkuba
zahitanye abantu 379, bigaragaza ko hakenewe ingamba zirambye zo kurinda
ubuzima bw’abaturage.

0 Comments
Imihigonews