Abapolisi b’u Bufaransa bamenye aho ibikoresho by’agaciro byibwe mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Ukwakira 2025 byari byahishwe, nyuma y’iperereza ryimbitse ryabereye mu mujyi wa Aubervilliers, mu burengerazuba bwa Paris.
Ubu bujura bwari bwabaye imwe mu nkuru zavuzwe cyane ku rwego
mpuzamahanga, bitewe n’uko Louvre ari inzu ndangamurage isurwa cyane ku Isi.
Ibikoresho byari byibwe bifite agaciro k’amadolari ya Amerika agera kuri
miliyoni 100, byari bimaze umwaka urenga bitaraboneka.
Tariki ya 19 Ukwakira 2025, abajura bane bipfutse mu maso
binjiye mu nzu ndangamurage ya Louvre bakoresheje imodoka ifite urwego rurerure
ruzamuka, rubafasha kugera ku cyumba cyarimo ibikoresho by’agaciro.
Bamaze kugeramo, bakase umuryango w’ikirahure n’imashini
z’umutekano, bahita bibamo ibihangano n’amabuye y’agaciro umunani byari bifite
agaciro ka miliyoni 100 z’amadolari ya Amerika.
Amashusho yafashwe na camera zicunga umutekano yagaragaje babiri
mu bakekwaho ubu bujura binjira mu igaraje riri munsi y’ubutaka, aho bagaragaye
bagenzura ibyo bari bibye mu masegonda make mbere yo kubihisha. Ni muri iryo
garaje riherereye i Aubervilliers, mu burengerazuba bwa Paris, ibikoresho byaje
kubonekamo.
Mu byari byibwe harimo diamants 8,482, amabuye y’agaciro 35 yo
mu bwoko bwa émeraudes, 34 ya saphir ndetse na beads 212, byose bikaba bifite
agaciro gakomeye ku rwego rw’ubuhanzi n’amateka.
Ibi byongeye gushimangira akamaro k’ubufatanye bw’inzego
z’umutekano n’ikoranabuhanga mu guhangana n’ubujura bukorerwa ahari amateka
n’ubuhanzi bifite agaciro gakomeye. Louvre, isurwa n’abantu barenga miliyoni
icyenda buri mwaka, iracyari ikimenyetso gikomeye cy’umuco n’amateka y’Isi,
nubwo ihura n’imbogamizi z’umutekano.

0 Comments
Imihigonews